Umuvugabutumwa Paul Mackenzie, washinze idini Good News International Church, n’abandi bareganwa barindwi barindiriye kuburanishwa ku wa 11 Gashyantare 2026 ku byaha birimo gushuka abayoboke kwiyicisha inzara, ibikorwa byatumye abantu barenga 400 bapfa mu byobo rusange mu gace ka Shakahola no muri Kwa Binzaro, muri Kenya.
Mackenzie yafashwe mu
2023 nyuma y’iperereza ryagaragaje ko yayoboraga ibiterane bitavuzwe rumwe, aho
yasabaga abayoboke be kwiyicisha inzara n’abana babo ngo “bazasange Yezu mu
ijuru mbere y’uko Isi irimbuka.” Iperereza ryakomeje kugeza mu 2025, maze
haboneka imibiri irenga 400 muri Shakahola, naho mu Kanama 2025 indi mibiri 52
ikaboneka muri Kwa Binzaro, hafi kilometero 30 uvuye ku ishyamba rya Shakahola.
Ubushinjacyaha bwa
Kenya bugaragaza ko Mackenzie yakomeje kugenzura ibikorwa byo gushuka
abayoboke, nubwo yari afunzwe, akoresheje inyigisho z’ubuhezanguni ndetse
n’ubwishyu bukorerwa kuri telefoni. Mu Mutarama 2026, abashinzwe iperereza
batangaje ko babonye inyandiko y’intoki mu cyumba cya gereza Mackenzie,
igaragaza uburyo bw’ubwishyu bwakoreshwaga mu gukomeza ibikorwa by’ubugizi bwa
nabi.
Inyandiko y’ikirego
ivuga ko Mackenzie n’abo bareganwa bakurikiranweho ibyaha birimo: Ubwicanyi
bwateguwe ku buryo buteguwe, Kurema itsinda rigamije
gukora ibyaha byateguwe, Ibikorwa bifitanye isano
n’ubuhezanguni n’iterabwoba.
Ibi byaha byateje
impungenge zikomeye ku mutekano n’uburenganzira bw’abaturage, cyane cyane abana
n’imiryango yatakaje ababo. Ubushinjacyaha burakomeza gukurikirana abandi
bashobora kuba baragize uruhare, mu gihe abaturage basabwe gutanga amakuru ku
nzego z’umutekano igihe habaye ibikorwa nk’ibi bibangamiye ubuzima n’umutekano
wabo.
Uyu rubanza
uragaragaza ko ibikorwa by’ubuhezanguni mu madini bishobora kugira ingaruka
zikomeye ku buzima bw’abaturage, bikaba intandaro yo gushyiraho ingamba
zikumira ubwicanyi buteguwe n’inyigisho z’ubugizi bwa nabi.