• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Urukiko rwo muri Tunisia rwemeje ku wa 23 Kamena igihano cy’igifungo cy’imyaka umunani (8) cyakatiwe umurwanashyaka uzwi mu kurwanya ivanguramoko, Saadia Mosbah, nyuma y’urubanza rushya rwabereye i Tunis.

Saadia Mosbah w’imyaka 66 afatwa nk’umwe mu bantu bazwi cyane mu guharanira uburenganzira bw’abimukira n’abaturage b’abirabura muri Tunisia. Yahamijwe ibyaha bifitanye isano n’inyerezwa ry’umutungo n’imikoreshereze y’amafaranga itemewe n’amategeko, icyemezo cyamaganywe n’abamwunganira ndetse n’imiryango myinshi iharanira uburenganzira bwa muntu.

Mosbah amaze hafi imyaka ibiri afunzwe by’agateganyo mu gihe urubanza rwe rwari rugikurikiranwa. Abandi banyamuryango b’ishyirahamwe Mnemty, yashinze agamije kurwanya ivangura no gufasha abahohoterwa kubera inkomoko yabo cyangwa ibara ry’uruhu, na bo bakatiwe ibihano by’igifungo biri hagati y’umwaka umwe n’itatu.

Ubushinjacyaha bwa Tunisia bushinja Saadia Mosbah ibyaha birimo kunyereza amafaranga no kwigwizaho umutungo mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Gusa abamushyigikiye bavuga ko urubanza rwe rufite impamvu za politiki, bakemeza ko habayeho amakosa n’ibitagenda neza mu mikorere y’urukiko. Bavuga ko ibikorwa bye byo kuvuganira abimukira n’abaturage b’abirabura bishobora kuba ari byo byatumye akurikiranwa.

Mu myaka myinshi ishize, Saadia Mosbah yabaye umwe mu bantu bakomeye baharanira kurwanya ivangura rishingiye ku ibara ry’uruhu muri Tunisia. Yakusanyije kandi atangaza amakuru menshi ku bikorwa by’ihohoterwa n’ivangura byakorerwaga abimukira n’abanyafurika b’abirabura.

Yanagize uruhare rukomeye mu bukangurambaga bwatumye Tunisia itora itegeko rihana ivangura mu mwaka wa 2018, ryafatwaga nk’intambwe ikomeye mu kurengera uburenganzira bwa muntu muri icyo gihugu.

Icyemezo cyo gukomeza kumufunga kije mu gihe Tunisia ikomeje kugaragaramo impaka zikomeye ku kibazo cy’abimukira n’uburenganzira bwa muntu.

Imiryango mpuzamahanga itandukanye iharanira uburenganzira bwa muntu yatangaje impungenge zayo kuri uru rubanza, ivuga ko rushobora kugira ingaruka ku bwisanzure bw’imiryango itegamiye kuri leta no ku barwanashyaka baharanira uburenganzira bwa muntu muri Tunisia.

Abasesenguzi bavuga ko urubanza rwa Saadia Mosbah rushobora gukomeza gukurikirwa cyane haba muri Tunisia no ku rwego mpuzamahanga, cyane cyane kubera uruhare yagize mu guharanira uburenganzira bw’abimukira n’abahura n’ivangura.

 

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments