Ku mugoroba
wo kuri uyu wa kane tariki ya 13 Gashyantare 2026 muri Mövenpick Hotel
umuhanzikazi Princess Lover wamenyekanye mu ndirimbo Mon Soleil
yahishuye ko yongeye kwishimira uko
abanyarwanda bamwakiriye nyuma y’imyaka
ibiri atagera mu Rwanda .
Ibi yabitangaje mu kiganiro n’itangazamakuru aho
yavuze ko mbere yo kuza mu Rwanda yari afite amakenga kuko abantu bamubwiraga ko mu Rwanda ari igihugu kivuga indimi ebyiri
icyongereza n’igifaransa kandi we akaba yarakuriye mu bihugu bivuga
igifaransa cyane ariko ubwo
yahagera yitabiriye ibirori bya Trace Award byari byitabiriwe n’abahanzi
benshi baturutse impande zose z’Isi ariko yatunguwe nuko abo yumvaga ko
batavuga igifaransa bamufashije
kuririmba indirimbo Mon Soleil ndetse n’Izindi
nyinshi cyane byatumye ava mu Rwanda
yumva ko azahagaruka none ubu akaba
agiye kwishimana n’abanyarwanda kuri uyu munsi w’abakunzi b’indirimbo ze .
Ku bijyanye
n’igitaramo charme de St Valentin azataramiramo yavuze ko yiteguye kwishimana n’abakunzi
be abasaba ko bakwitegura kuzabyina Zouk kuko
bizab ari ibihe byiza ku
bakundana
Ku ruhande
rwa Boss Playa iri gufasha Princess
Lover mu gutegura ibitaramo hano muri Afurika Umuyobozi wayo yavuze ko bishimiye kuba bateguye igitaramo mu Rwanda
kuko babonye ko hari abakunzi
benshi b’uyu muhanzi kandi ahishura
kandi ko atari ubwa mbere bateguye ibitaramo bajaba bifuza ko na nyuma y’iki
gitaramo bazakomeza gukorana n’abahagarariye
ikigo cyabo hano mu Rwanda .
Nicole Nérêt
wamamaye nka Princess Lover w’imyaka 47 yavukiye mu birwa bya Martinique ku wa
3 Nzeri 1978, akaba umwe mu bahanzi batangiye bakiri bato dore ko mu 1992,
icyakora aza kugira izina rikomeye mu 2003 ubwo yari amaze gusohora indirimbo
yatumye aba ikimenyabose ‘Mon soleil’.
Kwinjira mu
gitaramo cy’uyu muhanzi uzwi kuri album zirimo ‘Juste Moi Part 1’ yasohoye mu
2003 na ‘Tous mes rêves’ yasohoye mu 2007 bizaba ari ibihumbi 150Frw ku muntu
umwe, ibihumbi 250Frw ku bakundana basohokanye abo bose bakazahabwa umuvinyo wo
kunywa.
Abifuza kwicara mu myanya y’icyubahiro bo bizaba ari uguhera kuri miliyoni 1-10Frw bitewe n’ibyo uzagura itike azahabwa.
Like This Post? Related Posts