Kuri uyu wa
mbere tariki ya 16 Gashyantare 2026
ahagana i saa yine za mu gitondo inyuba inyubako y’ubucuruzi y’uwitwa
Ntawangwanabose Theogène ahari akabyiniro kazwi cyane mu mujyi wa Rubavu nka La bamba, yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya
irakongoka n’ibyarimo byose .
Umunyamabanga
Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gisenyi, Uwineza Francine, wahise atabara
igishya, yabwiye yatangarije BTN Rwanda ko
umwotsi watangiye kuyigaragaramo saa yine zirengaho iminota mike, ikaba yari
ifite ibice byinshi bikorerwamo, birimo ahakoreragamo akabari, igice cya
resitora, umuryango ukorerwamo ubucuruzi bw’imikino y’amahirwe ucururizwamo
imyenda ihenze na Depo ya sima.
Ati’’ Depo
ya sima ni yo ya nyir’inzu, ahandi hakoreraga abakodesha. Iyi nyubako n’ubundi
twari twarabwiye nyirayo, kimwe n’izindi ziyegereye ko zigomba kuvugururwa
hakajyamo izijyanye n’icyerekezo cy’umujyi. Uwari ufitemo akabari ni we wasaga
n’uwamazemo ibye yimuka, ahandi hose byakongokanye n’inyubako.’’
Avuga ko
ishami rya polisi rishinzwe kuzimya inkongi ryahise rihagera rirayizimya, izima
itarafatisha izindi.
Ati’’ Nubwo
iperereza ryatangiye ngo hamenyekane mu by’ukuri icyateye iyo nkongi,turakeka
insinga z’amashayarazi zakoranyeho zigateza iyo
nkongi ,umuriro ugafatisha inzu yose.’’
Yavuze ko
ikibabaje cyane ari uko,ari inyubako ubwayo,ari n’ibyacururizwagamo,byose nta
na kimwe cyagiraga ubwishingizi, akaboneraho asaba abafite inyubako z’ubucuruzi
bose n’abafite ibyo bazicururizamo, kujya bihutira gushaka ubwishingizi,kuko
nk’ubu aha ari nyir’inyubako,ari n’abacururizagamo, bose barahombye bitavugwa.
Ati’’ Iyo
bagira ubwishingizi bwari kubishyura. Turasaba abafite inyubako z’ubucuruzi
n’abafite ibyo bazicururizamo kujya bihutira gufata ubwishingizi kugira ngo
igihe habaye ikiza nk’iki kitabasubiza hasi,bari bamaze kugera ahashimishije mu
iterambere. Twihanganishije nyir’inyubako n’abayikoreragamo bose,
turabahumuriza.’’
Kugeza ubu ibyangirikiyemo byose biracyabarurwa n’agaciro kabyo.
Like This Post? Related Posts