Imitwe ya Twirwaneho na AFC/M23 kuri uyu wa Mbere yahanuye drone eshatu za Kamikaze z’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Ibi bibaye nyuma y’iminsi itatu nta mirwano
ikomeye ihuza impande zombi.
Imirwano yabereye mu gace ka Point-Zero muri
Teritwari ya Fizi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Mu masaha y’igicamunsi ihuriro ry’ingabo za
Kinshasa rigizwe na FARDC, ingabo z’u
Burundi, iza Tanzania, umutwe wa Wazalendo n’abacanshuro bagabye ibitero kuri
Twirwaneho isanzwe ifatanya urugamba na AFC/M23.
Iyo mirwano yabereye mu gace ka Point-Zero,
gusa ingabo zo ku ruhande rwa Leta zisubizwa inyuma.
Nyuma y’aho, FARDC n’abayifasha ku rugamba
bitabaje drone ntoya za Kamikaze, ariko amakuru yemeza ko Twirwaneho na AFC/M23
zashoboye guhanura eshatu muri zo.
Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, abinyujije ku rubuga rwe rwa
X, yashinje ingabo za Leta gukomeza kurenga ku masezerano yo guhagarika
imirwano ku buryo “bubigaragara kandi bugambiriwe,” ashimangira ko ari
ugusuzugura amasezerano agamije amahoro.
Yagize ati: “Ibi bikorwa by’ubuhubutsi ndetse n’ubugizi
bwa nabi ni ubushotoranyi bukomeye kandi bibangamira imbaraga zose zikoreshwa
mu rwego rwo kugabanya ubushyamirane no kugera ku gisubizo cy’amahoro.”
Ibi bitero bibaye mu gihe Leta ya Kinshasa
yari yemeye kubahiriza agahenge kasabwe na Perezida wa Angola, João Lourenço, kakazatangira kubahirizwa ku wa
Gatatu tariki ya 18 Gashyantare.
Andi makuru avuga ko ku wa Gatandatu
w’icyumweru gishize ingabo nyinshi zaturutse mu Burundi zinjiye mu gace ka
Minembwe gutanga ubufasha ku ngabo za Leta mu mugambi wo gufata Komine
Minembwe.
Hari kandi amakuru y’uko bamwe mu basirikare
bashinzwe kurinda Perezida wa RDC bavuye ku mirongo y’urugamba berekeza mu
mujyi wa Kalemie.