• Amakuru / POLITIKI


Abaturage bamwe mu Burundi baracyibaza uburyo Perezida wabo, Evariste Ndayishimiye, yahabwa kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), bamwe bakumva ari nk’aho agiye kugenzura ibihugu byose bya Afurika.

Ku wa 14 Gashyantare 2026, Perezida Ndayishimiye yashyikirijwe ububasha bwa AU na Perezida wa Angola, João Lourenço, wari umaze umwaka ayoboye uyu muryango w’ibihugu 55, ubwo hatangiraga ku mugaragaro inama y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma biwugize.

Iri ni ishimwe rikomeye ryaturutse ku nama ya 39 y’abakuru b’ibihugu ba AU, aho Ndayishimiye yafashe inshingano zo kuyobora uyu muryango mu gihe cy’umwaka.

Abaturage bamwe bafashe iki gikorwa nk’igitangaza, aho bamwe basasira ibitenge bya Perezida ubwo yagarukaga mu Burundi ava ku cyicaro cya AU i Addis Ababa, muri Ethiopia. Amafoto yanyujijwe ku Biro bya Perezida ku wa 16 Gashyantare 2026 agaragaza Ndayishimiye n’umugore we, Angeline Ndayishimiye, basuhuza abaturage b’Intara ya Bujumbura.

Hari n’urujijo rugaragara ku nyandiko y’umugore we, Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, ubwo yifurizaga umugabo we imirimo myiza mu butumwa bwanyujije ku mbuga nkoranyambaga. Mu butumwa, yagaragaje ko Perezida agiye “kurongora ibihugu by’ubumwe bwa Afurika,” bishatse kugaragaza ko atasobanukiwe neza ko inshingano ari ku rwego rw’umuryango, aho kugira ngo abe “umuyobozi w’ibihugu byose.”

Ibi birerekana uburyo bamwe mu baturage n’abaturage bo mu muryango wa Perezida bafata uyu murimo nk’ikintu gikomeye cyane, kitandukanye n’inshingano zisanzwe za Perezida w’igihugu.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments