• Amakuru / MU-RWANDA

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za America, anahura n’abanyacyubahiro n’ibyamamare binyuranye, bitabiriye ibi birori.

Ni umukino wabereye i Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe za America, muri weekend ishize mu nzu y’imikino ya Intuit Dome, wanabereyemo ibirori binogeye ijisho.

Uyu mukino usanzwe uhuza abakinnyi b’imena muri Basketball muri America, wahuje amakipe abiri, ari yo USA Stars na USA Stripes, warangiye ikipe ya USA Stars itsinze amanota 47-21 USA Stripes.

Perezida Kagame kandi yaboneyeho kubonana n’abantu batandukanye, barimo abafite imyanya y’ubuyobozi mu bikorwa bya siporo, nka Steve Ballmer nyiri ikipe ya Los Angeles Clippers isanzwe inakorana n’u Rwanda muri gahunda ya Visit Rwanda, kuva muri Nzeri umwaka ushize wa 2025.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda bitangaza ko Perezida Kagame na Steve Ballmer “Ibiganiro byabo byagarutse ku ntambwe ishimishije y’umubano hagati y’u Rwanda na NBA irimo imikorenire yatangiye umwaka ushize hagati ya Clippers na Visit Rwanda

Perezida Kagame kandi ubwo yitabiraga uyu mukino, yanabonanye n’abandi bafite amazina azwi bari baje kuwureba, barimo Igikomangoma cy’Ubwami bw’u Bwongereza, Prince Harry n’umugore we Meghan Markle.

Umukuru w’u Rwanda kandi yanabonanye n’umuhanzi w’Umunya-Kenya Bien-Aimé Baraza wahoze mu itsinda Souti Sol, ukunze kugaragaza ko yishimira Perezida Paul Kagame ku bw’imiyoborere ye ireba kure.

Mu butumwa bwe  yagaragaje ibyishimo yatewe no guhura na Perezida Kagame, Bien-Aimé Baraza yagize ati “Igihe cyose nishimira Nyakubahwa Perezida. Warakoze kudufungurira imiryango twese. Komeza guhabwa umugisha.

 














Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments