Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Nyarugenge bukurikiranye umugore w’imyaka 34 y’amavuko wakubise umwana abereye nyina wabo w’imyaka 11 y’amavuko, bikamuviramo urupfu amukekaho kuba mu bihe bitandukanye yagiye amwiba amafaranga.
Icyaha cyo gukubita no gukomeretsa byateye urupfu akurikiranweho cyakozwe ku wa 23 Ukuboza 2025, mu Mudugudu wa Gashiha, mu Kagari ka Kagina, mu Murenge wa Kicukiro, mu Karere ka Kicukiro, mu Mujyi wa Kigali.
Ubushinjacyaha Bukuru buvuga ko mu ibazwa rye, uregwa yemeye icyaha akurikiranweho, avuga ko yakubise uwo mwana inkoni nyinshi amukekaho kumwiba amafaranga.
Yakomeje avuga ko nyuma yo kumukubita, uwo mwana yarembye akamujyana kwa muganga, akamugezayo yarangije gupfa.
Yongeyeho ko nyuma yamujyanye iwabo mu Karere ka Huye, mu Ntara y'Amajyepfo, akababeshya ko umwana yakoze impanuka agahita apfa.
Icyaha cyo gukubita no gukomeretsa byateye urupfu uregwa akurikiranweho giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya 11 y’Itegeko nº 059/2023 ryo ku wa 04/12/2023 rihindura itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.
Ugihamijwe n'Urukiko ahanirwa igifungo kitari munsi y’imyaka icumi (10) ariko kitarenze imyaka cumi n’itanu (15).