• Imyidagaduro / IBITARAMO

Mu gihe  habura iminsi mike ngo  irushanwa ryo gusiganwa  ku magera  rya Tour  du Rwanda  ritangire Kikac Music ku bufatanye na Sensitive Ltd n’Amstel   bashyize igorora abakunzi ba muziki kuko babateguriye ibitaramo bizaherekeza iryo rushanwa mu bice bitandukanye by’Igihugu

Ibi bitaramo bizwi nka ‘Tour du Rwanda Festival’ bigiye kuba ku nshuro ya kane bizitabirwa n’bahanzi barimo Bushali, Bwiza, Kenny Sol, Kivumbi King, Dj Marnaud, Symphony Band na Ruti Joel uzaba ubigaragayemo ku nshuro ya mbere.

Ibi bitaramo bizabera mu mujyi wa Huye, Rubavu, Musanze n’i Kigali ku munsi wa nyuma w’isiganwa.

Uhujimfura Jean Clauder Umuyobozi wa KIkac Music ari nayo isanzwe iteura ibyo bitaramo yatangarije itangazaakuru ko ubu ari uburyo bwo gufasha abakunzi ba siporo kutagira umunaniro, bakarushaho kuryoherwa n’ibi birori by’amagare byitabirwa n’amakipe atandukanye yo ku rwego mpuzamahanga.

Ku ruhande rwa Ferwacy Perezida Ndayishimiye Samson yavuze ko ibi bitaramo bisanzwe biherekeza Tour du Rwanda bigamije gutuma abakunzi b’amagare barushaho kuryoherwa n’irushanwa.

Yagize ati “Hari ibirori bya siporo tuba twatanze ariko abakunzi b’amagare baba bakeneye no kuruhuka. Ibi bitaramo bibafasha kurushaho kunezerwa no kumva ko Tour du Rwanda atari siporo gusa, ahubwo ari igikorwa gihuriza hamwe abantu benshi.”

Ibi bitaramo bihuza amagare n’umuziki kuko abakunzi bayo iyo bamaze kuruhuka mu gihe cya nimugoroba baba bifuza ahantu bahurira bagasabana, bikaba andi mahirwe ku bafatanyabikorwa ba Tour du Rwanda kuko babasha kubona aho bongera gutangira ubutumwa bw’ibikorwa byabo.

Iri rushanwa rizenguruka u Rwanda ku magare rigiye kuba ku nshuro ya 18 kuva ribaye mpuzamahanga rizatangira ku wa 22 Gashyantare kugeza ku wa 1 Werurwe 2026.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments