• Amakuru / MU-RWANDA


Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwagaragaje ko ipimwa ryakorewe ikiyobyabwenge cyo mu bwoko bwa kanyanga kimaze guhitana ubuzima bw’abantu 17 mu Karere ka Bugesera, ryagaragaje ko cyarimo ikinyabutabire cy’uburozi cyo mu bwoko bwa Methanol.

Abantu bapfuye nyuma yo kunywera kanyanga mu Mudugudu wa Kavumu, mu Kagari ka Nyakayenzi, Umurenge wa Ngeruka mu Karere ka Bugesera.

Ubushinjacyaha buvuga ko ikirego kiregwamo abantu bane bakekwaho gukora no gucuruza icyo kiyobyabwenge kiri gukurikiranwa n’ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Bugesera.

Buvuga kandi ko umwe mu baregwa yengaga kanyanga akanayiranguza, gusa akaba yaranafite urunywero rwayo iwe mu rugo.

Ubushinjacyaha buvuga ko abaturage batandukanye banywereye kanyanga iwe ibatera ikibazo bajyanwa kwa muganga, ku buryo hamaze gupfa abagera kuri 17 mu gihe abandi 25 bakiri mu bitaro.

Bukomeza buvuga ko “hapimwe ibyo abo bantu banyoye basanga birimo ikinyabutabire cyo mu bwoko bwa Methanol.”

Abandi baregwa hamwe n’uwakoraga kanyanga yishe bariya bantu, barimo abahungu be babiri ndetse n’umugore wamuranguriraga kanyanga na we akayigurisha ku bandi bantu.

Uko ari bane bakurikiranweho ibyaha birimo gukora ibikorwa byerekeranye n’ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo, ndetse no guha umuntu ikintu gishobora kwica cyangwa gushegesha umubiri.

Abaregwa bose bemera ibyaha bashinjwa.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments