• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Igihugu cya Iran cyatangaje ko kimaze kubara igihombo gikomeye cyatewe n’intambara kimaze igihe gihanganamo n’ibihugu birimo Amerika na Israel, aho ibigereranyo by’ibanze bigaragaza ko agaciro k’ibyangiritse kageze nibura kuri miliyari 270 z’amadorari ya Amerika.

Aya makuru yatangajwe n’ibiro ntaramakuru Tasnim News Agency, byasobanuye ko leta ya Iran iri mu gikorwa cyo kubarura ibyangiritse mu buryo burambuye, hagamijwe gutegura dosiye izifashishwa mu gusaba indishyi mu biganiro byo gushaka uko intambara yarangira.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ryo mu Burusiya, umuvugizi wa leta ya Iran, Fatemeh Mohajerani, yavuze ko imibare ihari kugeza ubu ari “iy’ibanze” kandi ishobora gukomeza guhinduka uko iperereza rikomeje. Yashimangiye ko amafaranga arenga miliyari 270$ ari ay’ibyangijwe gusa bimaze kubarurwa kugeza ubu.

Ibintu byibasiwe cyane birimo inyubako z’abaturage, aho ubuyobozi bw’umujyi wa Tehran buvuga ko inzu zigera ku 39,585 zasenywe cyangwa zangiritse bikomeye bitewe n’ibitero byagabwe n’ingabo za Amerika na Israel.

Uretse ibyangiritse mu nyubako, leta ya Iran ivuga ko igihombo gikomeye kiri no mu bukungu bw’igihugu, cyane cyane mu nganda zahagaritswe n’intambara. Ibi byatumye ibikorwa byinshi by’ubucuruzi n’inganda bihagarara, bigira ingaruka ku bukungu muri rusange.

Nk’uko byatangajwe n’ibiro ntaramakuru bya leta IRNA, ikibazo cy’indishyi kiri mu by’ingenzi Iran yashyize ku meza mu biganiro yagiranye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nubwo ibyo biganiro byarangiye nta mwanzuro ugaragara ugerweho.

Ku ruhande rwa Amerika, Visi Perezida JD Vance yavuze ko habaye ibiganiro bifatika byabereye i Islamabad muri Pakistan, ariko akemeza ko impande zombi zitigeze zumvikana ku ngingo z’ingenzi zirimo indishyi n’ihagarikwa ry’imirwano.

Ibi byose bigaragaza ko nubwo ibiganiro bikomeje, hari inzitizi zikomeye zikiri mu nzira yo kugera ku mahoro arambye, cyane cyane ku bijyanye n’icyuho kiri hagati y’ibisabwa na Iran n’ibyemerwa na Amerika n’abafatanyabikorwa bayo.

Mu gihe ibarura ry’ibyangiritse rikomeje, Iran ikomeje gutsimbarara ku burenganzira bwayo bwo gusaba indishyi, ibintu bishobora kuzagira uruhare rukomeye mu biganiro bizakurikiraho ku ihagarikwa ry’iyi ntambara.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments