Akarere ka
Bugesera kibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994,
by’umwihariko abarenga 3,000 biciwe ku Musozi wa Rebero mu Murenge wa Mayange.
Iki gikorwa
cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 14 Mata 2026, cyitabiriwe n’abarimo
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana
Jean Damascène.
Abatutsi
bahungiye kuri uyu musozi bishwe tariki 13 Mata 1994, bicwa n’abasirikare
baturutse mu Kigo cya Gisirikare cya Gako n’Interahamwe, babicisha amasasu
n’intwaro gakondo. Abatutsi bishwe, baranzwe n’ubutwari kuko bari bagerageje
kwirwanaho kugeza kuri iyo tariki.
Ubwo butwari
ni bwo Minisitiri Bizimana yasabye ko buranga ab’ubu, aho yasabye ababyeyi
gutoza abato ubutwari no gukunda Igihugu ndetse no kurushaho gusobanukirwa
amateka ya Jenoside bityo bakayigiraho.
Yagize ati:
“Abana mubigishe ubutwari, ishyaka, ubupfura, kubana neza no gukunda Igihugu;
mubigishe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi kugira ngo bakuremo amasomo
atuma baharanira ko Jenoside itazongera kubaho.”
Yabwiye
ababyeyi ko abatabikora ahubwo bakigisha abana babo urwango, amacakubiri
n’ibindi bibi bijyanye n’ingengabitekerezo ya Jenoside, baba bari
kubagirira nabi.
Ati:
“Umubyeyi ukwanga akuraga urubanza rwamunaniye. Ababyeyi bagikomeza kwigisha
abana babo urwango, ivangura, amacakubiri, ingengabitekerezo ya jenoside,
bahakana Jenoside bakoze, bararaga abana babo urubanza rwabananiye.”
Yabwiye
abato ko badakwiye kwemerera uwo ari we wese uzagerageza kubashyiramo urwango,
abasaba kutaba imbata y’amateka mabi, bimakaza urukundo no kubaka Igihugu.
Yihanganishije
abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, abibutsa ko Igihugu kibafite kandi
na bo bagifite, ibikwiye kubatera ishema bagakomeza kucyubaka no
kukirinda.