• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Indege itwara perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika irimo gusigwa amarangi y’ayandi mabara yatoranyijwe na Donald Trump.

Air Force One hamwe n’izindi ndege zitwara abategetsi bo hejuru ba Amerika, barimo ‘first-lady’ Melania Trump - zirimo gusigwa amabara ya zahabu, umutuku, n’ubururu bwa ‘navy blue’.

Izo ndege zirimo guhindurirwa amabara muri iyi minsi kandi zirimo gukorerwa isuzumwa rya tekinike, nk’uko igisirikare cya Amerika kirwanira mu kirere (Air Force) cyabitangaje.

Ayo mabara yamaze gushyirwa ku ndege nshya ya Boeing 747-8i leta ya Qatar yahaye ibiro bya perezida wa Amerika nk’impano, nk’uko umuvugizi wa Air Force ya Amerika yabitangarije CBS News.

Amabara y’umweru n’ubururu ni yo yakomeje kuranga indege itwara perezida wa Amerika kuva mu myaka ya 1960, ubwo John F Kennedy yari perezida.

Ubwo yageraga ku butegetsi kuri manda ya mbere, Trump yari yasabye ko ayo mabara ahindurwa, ariko uwamusimbuye Joe Biden yahise abihagarika bitarakorwa.

Amabara ubu arimo gushyirwa kuri Air Force One ni nayo ari ku ndege bwite Trump yagendagamo mu gihe cyo kwiyamamaza mu 2024, indege bahimbaga ‘Trump Force One’.

Aya mabara Trump yifuje yamaze no gushyirwa ku ndege ya Boeing C-32 ubu ikoreshwa mu gutwara visi-perezida wa Amerika, iyi ndege yo izwi nka ‘Air Force Two’.

Ibi bikorwa byo gusiga andi mabara izi ndege, byatangiye mu mpeshyi ishize ubwo baheraga kuri ya ndege Qatar yahaye perezida wa Amerika nk’impano izajya ikora nka Air Force One.

Iyo ndege y’agatangaza ifite agaciro ka miliyoni 400$.

Ubusanzwe, indege yose itwaye perezida wa Amerika ihita yitwa ‘Air Force One’, uyu agenda mu ndege yabugenewe iba irimo ibiro byagutse, icyumba cyo kuryamamo cya perezida, ibikoni bibiri bishobora gutekera abantu 100, n’ahantu ho kuvurirwa, nk’uko Boeing ibivuga.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments