Indege
itwara perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika irimo gusigwa amarangi y’ayandi
mabara yatoranyijwe na Donald Trump.
Air Force
One hamwe n’izindi ndege zitwara abategetsi bo hejuru ba Amerika, barimo
‘first-lady’ Melania Trump - zirimo gusigwa amabara ya zahabu, umutuku,
n’ubururu bwa ‘navy blue’.
Izo ndege
zirimo guhindurirwa amabara muri iyi minsi kandi zirimo gukorerwa isuzumwa rya
tekinike, nk’uko igisirikare cya Amerika kirwanira mu kirere (Air Force)
cyabitangaje.
Ayo mabara
yamaze gushyirwa ku ndege nshya ya Boeing 747-8i leta ya Qatar yahaye ibiro bya
perezida wa Amerika nk’impano, nk’uko umuvugizi wa Air Force ya Amerika
yabitangarije CBS News.
Amabara
y’umweru n’ubururu ni yo yakomeje kuranga indege itwara perezida wa Amerika
kuva mu myaka ya 1960, ubwo John F Kennedy yari perezida.
Ubwo
yageraga ku butegetsi kuri manda ya mbere, Trump yari yasabye ko ayo mabara
ahindurwa, ariko uwamusimbuye Joe Biden yahise abihagarika bitarakorwa.
Amabara ubu
arimo gushyirwa kuri Air Force One ni nayo ari ku ndege bwite Trump yagendagamo
mu gihe cyo kwiyamamaza mu 2024, indege bahimbaga ‘Trump Force One’.
Aya mabara
Trump yifuje yamaze no gushyirwa ku ndege ya Boeing C-32 ubu ikoreshwa mu
gutwara visi-perezida wa Amerika, iyi ndege yo izwi nka ‘Air Force Two’.
Ibi bikorwa
byo gusiga andi mabara izi ndege, byatangiye mu mpeshyi ishize ubwo baheraga
kuri ya ndege Qatar yahaye perezida wa Amerika nk’impano izajya ikora nka Air
Force One.
Iyo ndege
y’agatangaza ifite agaciro ka miliyoni 400$.
Ubusanzwe,
indege yose itwaye perezida wa Amerika ihita yitwa ‘Air Force One’, uyu agenda
mu ndege yabugenewe iba irimo ibiro byagutse, icyumba cyo kuryamamo cya
perezida, ibikoni bibiri bishobora gutekera abantu 100, n’ahantu ho kuvurirwa,
nk’uko Boeing ibivuga.