• Amakuru / MU-RWANDA


Mu kagari ka Nyamitanga mu murenge wa Jali w’akarere ka Gasabo hari abaturage babangamiwe n'abashumba b'umukire wo mu murenge wa Kanyinya baza bakangiza imyaka yabo irimo imyembe, imyumbati, ibijumba n’ibindi bakabikora bitwaje intwaro gakondo zo kubatera ubwoba no kubakubita. Barasaba ko inzego bireba zakwita kuri iki kibazo kigakemuka kuko bibangamiye umutekano n’imibereho yabo.

Abatangaza ibi ni abahinga mu mirima yegereye akabande ku mugezi wa Yanza bo mu kagari ka Nyamitanga mu murenge wa Jali bavuga ko kuva mu mwaka ushize hari umukire wo mu murenge wa Kanyinya wazanye inka yubaka ikiraro hafi y’imirima yabo ngo aho rero ni ho haturuka abashumba be bigize ibihazi baza kubahirira ubwatsi bakabatwarira imyaka irimo imyembe, ibijumba n’ibindi. Bakavuga ko ibi bibatera ubukene n’inzara kuko bisa n’aho ari bo bakorera gusa.

Basaba ko iki kibazo gikwiye gukurikiranwa n’inzego zisumbuye kuko ngo ntako batagize bakigeza ku buyobozi bw’umudugudu uyu mugabo akoreramo ariko ntacyo bashaka kugikoraho. Ngo igihangayikishije ni uko banahorana ubwoba ko aba bashumba bashobora no kwica umuntu kuko baba bitwaje intwaro gakondo n’inkoni wabavuga bakagusanga bashaka kukugirira nabi nk’uko hari abakubiswe nabo.

N’ubwo bitakundiye umunyamakuru kubona uyu mukire ushyirwa mu majwi n’aba baturage kubateza abashumba ariko umukozi we ushinzwe ibikorwa bye Ngizwenimana Jean Damascene kuri telefoni yatubwiye ko ibyo abo baturage bavuga ari ugusebya Boss nta kindi bagamije ngo naho ibyo abashumba bashinjwa byo kwangiza ibyabo nta bihari usibye urubwa gusa.

Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali CIP Wellars Gahonzire avuga ko muri aka gace higeze kuvugwa ikibazo nk’iki cy’abashumba babangamira abaturage ariko baza kugikemura ,bityo ko n’iki bagiye kugikurikirana kigakemuka.

Mu majwi y’aba baturage bavuga ko mu bituma iki kibazo kidakemuka vuba ari uko abayobozi barimo Mutwarasibo na mudugudu wo mu gace aba bashumba baturukamo nabo ari abakozi b’uyu mukire uvugwa.

Si rimwe cyangwa kabiri havugwa ibibazo by’abashumba bakora ibikorwa bibangamira abaturage birimo ubujura urugomo n’ibindi. Ikibazo gikwiye gukurikiranwa ubushishozi.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments