Leta ya
Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) yongeye ikirombe cya coltan cya Rubaya
kigenzurwa n’inyeshyamba za AFC/M23 ku rutonde rugufi rw’imitungo y’ingenzi
cyane irimo guha Amerika mu rwego rw’ubufatanye bushingiye ku mabuye y’agaciro,
nkuko ibiro ntaramakuru Reuters byabitangaje, bishingiye ku nyandiko ya leta
byabonye.
Ikirombe cya
Rubaya, kiri muri teritwari ya Masisi mu ntara ya Kivu ya Ruguru, ni kimwe mu
bigega bihunitse tantalum nyinshi cyane ku isi ikorwamo ibikoresho byo mu
ikoranabuhanga rya elegitoronike.
Reuters yatangaje
ko umutegetsi wo hejuru wo muri DRC n’umudipolomate w’Amerika bemeje uko
kongera ikirombe cya Rubaya kuri urwo rutonde rugufi rwatanzwe mu nama
y’Amerika na DRC yabereye i Washington DC ku itariki ya 5 y’uku kwezi kwa
Gashyantare (2), mu guteza intambwe amasezerano ku mabuye y’agaciro acyenewe
cyane muri iki gihe, yashyizweho umukono mu Kuboza (12) kw’umwaka ushize.
Abo
bategetsi babiri bavuganye na Reuters ntibifuje gutangazwa amazina kubera
ubukana bw’iyi ngingo.
Nta cyo
umutwe wa M23 watangaje ku mugaragaro kuri aya makuru ndetse ntiwahise usubiza
ku butumwa bugufi bwa BBC News Gahuzamiryango buyisaba kugira icyo ibivugaho.
Ibi bishyize
Rubaya – igenzurwa n’izi nyeshyamba zivugwa henshi ko zifashwa n’u Rwanda ariko
rwo rukavuga gusa ko rwashyizeho “ingamba z’ubwirinzi” – mu muvuno wa Kinshasa
wo gushaka kwinjiza ishoramari rya Washington mu burasirazuba bwa DRC, bukize
ku mabuye y’agaciro ariko bumaze imyaka mu ntambara.
Ibyo byatuma
Amerika igera kuri tantalum – ikurwa muri coltan – icyenewe cyane muri iki
gihe, ikoreshwa mu bikoresho bigezweho bya elegitoronike nka mudasobwa,
telefone zigendanwa no mu gukora indege.
DRC
igereranya ko ikirombe cya Rubaya gicyeneye amafaranga ari hagati ya miliyoni
50 z’amadolari (arenga miliyari 73 FRW) na miliyoni 150 z’amadolari (arenga
miliyari 219 FRW) kugira ngo cyongere gukora mu buryo bunoze kandi cyongere
n’umusaruro wo mu bucuruzi, nkuko iyo nyandiko isubirwamo na Reuters ibivuga.
Amerika
irashaka kugera ku mutungo kamere unyuranye mu gihe irimo guhangana no kuba
Ubushinwa bwagira ijambo rikomeye muri Afurika, ndetse ikubaka ububiko
bw’amabuye y’agaciro acyenewe cyane mu ikoranabuhanga ryo muri iki gihe.
Like This Post? Related Posts