Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwategetse ko iburanisha ry’urubanza ruregwamo Barafinda Sekikubo Fred, Nizeyimana Didier uzwi nka Muchoma, Mazimpaka Patrick na Nkeramihigo Japhet ribera mu muhezo, nyuma y’ubusabe bwatanzwe n’Ubushinjacyaha.
Aba bagabo bakurikiranyweho icyaha cyo gukwirakwiza amakuru y’ibihuha
ashobora guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda, babinyujije ku
miyoboro ya YouTube. Ubushinjacyaha bwagaragaje ko ibirego baregwa bishobora
kugira ingaruka ku mutekano w’igihugu, bityo ko iburanisha rikwiye kubera mu
muhezo kugira ngo hirindwe ibyahungabanya ituze rusange.
Mu iburanisha, Barafinda Sekikubo Fred wari udafite umunyamategeko, yabwiye urukiko ko
yiteguye kuburana kandi ko aziburanira. Yagaragaje ko yifuza ko urubanza rubera
mu ruhame kugira ngo habeho umucyo n’ubutabera bugaragarira buri wese. Iki
cyifuzo cyashyigikiwe na bagenzi be, na bo basabye ko iburanisha rikomereza mu
ruhame.
Nubwo abaregwa bagaragaje ko bashyigikiye ko urubanza rubera mu ruhame,
urukiko rwafashe icyemezo cyo kwemera ubusabe bw’Ubushinjacyaha, rutegeka ko
iburanisha rikomereza mu muhezo bitewe n’impamvu zagaragajwe zijyanye
n’umutekano.
Aba baregwa batawe muri yombi ku wa 29 Mutarama 2026, bakaba bagejejwe
imbere y’urukiko kugira ngo baburanishwe ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo.
Icyemezo ku ifungwa cyangwa ifungurwa ryabo gitegerejwe mu minsi iri imbere,
kikazagena uko uru rubanza ruzakomeza.
Urubanza rwabo rukomeje gukurikiranwa mu rwego rw’amategeko, mu gihe
impande zombi zikomeje kugaragaza impamvu zazo imbere y’urukiko.