Mu Karere ka Nyanza havutse ikibazo kidasanzwe hagati y’umusore n’umukobwa bombi bari mu kigero cy’imyaka 20, nyuma y’uko havuzwe ko hari amafaranga ibihumbi 50 Frw yatanzwe hagamijwe ko baryamana, ariko ibyo byemeranyijweho ntibigerweho.
Amakuru yizewe avuga ko ibi byabereye mu Mudugudu wa Taba, Akagari
ka Rwesero, Umurenge wa Busasamana. Bivugwa ko umusore yahaye umukobwa
amafaranga ibihumbi mirongo itanu (50,000 Frw), ngo baryamane, ariko nyuma
y’uko umukobwa ayafashe, ntiyubahiriza ibyo bumvikanye.
Nyuma y’uko ibyo bibaye,
umusore yahise yitabaza umukuru w’umudugudu wa Taba, amugezaho ikirego cye,
asaba ko umukobwa amusubiza amafaranga ye.
Umuyobozi
yahamagaje impande zombi kugira ngo yumve ibisobanuro byazo. Umusore yavuze ko
yahaye umukobwa ayo mafaranga agamije ko baryamana, ariko ibyo byari
byemeranyijweho ntibyubahirizwe.
Ku
ruhande rw’umukobwa, yemeye ko ayo mafaranga yari mu maboko ye, ariko ahakana
ko yayahawe n’uwo musore. Yavuze ko ari amafaranga ya musaza we w’umunyonzi
wamubikije kugira ngo ayamurindire, bityo ko nta sano afite n’ikirego cy’uwo
musore.
Kubera ko ikibazo kitabonye umuti ku rwego rw’umudugudu, umukuru
w’umudugudu yafashe icyemezo cyo kukigeza mu Nteko y’Abaturage kugira ngo na bo
batange ibitekerezo n’inama mu kugikemura.
Ku
wa 17 Gashyantare 2026, umukobwa yitabye iyo nteko mu rwego rwo kubaha
ubuyobozi, ariko umusore ntiyaboneka, avuga ko yagize imbogamizi kuko yari
yagiye ku isoko akatindayo.
Kubera
kutitabira kw’impande zombi uko bikwiye, ubuyobozi bwafashe icyemezo cyo
gusubika iki kibazo, bukazagisubukura mu gihe kizatangazwa nyuma.
Amakuru
yizewe kandi avuga ko uwo musore asanzwe afite ubushobozi bwo kwitunga, aho
acuruza amatungo.
Iki kibazo cyateje impaka mu baturage, bamwe bagaragaza ko ari ikibazo gikwiye gukemurwa mu mucyo no mu kuri, abandi bagasaba ko urubyiruko rwirinda ibikorwa byabaviramo amakimbirane nk’aya.
Like This Post? Related Posts