• Amakuru / MU-RWANDA


Mu Karere ka Ruhango, mu Murenge wa Ruhango, habereye impanuka y'ikamyo yavuga yagonze umunyonzi wari uhetse urugi ahita ahasiga ubuzima.

Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cyo ku wa 20 Gashyantare 2026, ahazwi nko Mugatengezi, mu Murenge wa Ruhango, mu Karere ka Ruhango, mu Ntara y'Amajyepfo.

Abaturage bavuga ko iyo yavuga mu Karere ka Muhanga, ubwo yari igeze mu Murenge wa Ruhango, yagonze umunyonzi wari uzwi cyane muri ako gace maze ahita ahasiga ubuzima.

Umwe mu baturage wabonye iyo mpanuka iba yagize ati:"Bano bashoferi bitwaza icyo bari cyo. Uyu mushoferi yari avuye kunywa icyayi hariya haruguru umunyegare yigendera n'amaguru, aza n'umuvuduko mwinshi atitaye ku munyamaguru ahita amugongo."

Abaturage bobonye iyo mpanuka bakomeje bavuga ko umushoferi wari utwaye ikamyo ari we wari mu makosa kuko yagonze uwo munyonzi amuturutse inyuma.

Basaba ko abashoferi bajya bitwararika mu gihe bamanuka muri ako gace kuko hadaca kubiri hatabereye impanuka.

Umunyamakuru wa BTN TV yagerageje kuvugana n'Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, ariko inshuro zose yamuhamagaye ntiyashimye kwitaba telefone.

Mu mwaka ushize wa 2025, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yavuze ko bahisemo gutangiriza gahunda ya 'Turindane Tugereyo Amahoro' mu Karere ka Kamonyi kuko ari ko kiganjemo impanuka nyinshi mu Ntara y'Amajyepfo.

ACP Rutikanga yakomeje avuga ko mu mezi atatu yari ashize (Kanama-Ukwakira) mu Ntara y’Amajyepfo igizwe n’Uturere 8 habaye impanuka zikomeye 65. Muri izo mpanuka, 17 zingana na 26% zabereye mu karere ka Kamonyi.

Izo mpanuka kandi zahitanye ubuzima bw’abantu 53, aho Akarere ka Kamonyi kihariye 16 bangana na 30%. Mu gihe abakomeretse bose ari 43, muri bo 9 bangana na 20% ni abo mu Karere ka Kamonyi.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments