• Amakuru / MU-RWANDA


Mu gitondo cyo kuwa 19 Gashyantare 2026, mu mudugudu wa Nyamabuye mu kagali ka Mabare mu murenge wa Rubona, Umukecuru witwa Kampundu Afisa ufite imyaka 64 yasanzwe yishwe akaswe ijosi n’abagizi ba nabi bamusanze mu nzu.

Abaturage baganiriye na B Plus TV  basobanuye ko bamenye iby’urupfu rwa Nyakwigendera mu gitondo cya kare ubwo abantu bahanyuze bagasanga aryamye mu mbuga ye.

Abaturage bavuga mu bigaragara Nyakwigendera yishwe nabi cyane ndetse bagakeka ko mu babikoze hataburamo umuhungu we w’ikirara Ndayisenda Ahmed w’imyaka 32 bavuga ko n’ubushize yashatse kumwivugana Imana igakinga ukuboko.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Rubona Chantal Mukashyaka  yemeje iby’urupfu rwa nyakwigendera, avuga kugeza ubu uwamwishe ataramenyekana n’ubwo abaturage bakeka umuhungu we.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments