• Amakuru / MU-RWANDA


Abatuye mu murenge wa Jali mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali batabariza umugabo witwa Murenzi watwikiwe uruzitiro mu masaha ya saa tatu z’ijoro ubwo umuriro w’amashanyarazi waburaga. 

Abaturanyi ba Murenzi bavuga ko babonye urugo rwa Murenzi rugurumana bakibaza uwaba abyihishe inyuma kuko bavuga ibi bintu atari ubwa mbere bibaye muri aka gace kuko babona ko ari ubugome bukabije, bagasaba ko hakorwa iperereza ryimbitse.

Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali CIP Wellars Gahonzire avuga ko batari bamenye iby’iki kibazo ariko ko bagiye gukorana n’ubuyobozi bw’umurenge wa Jali kugira ngo bamenye ababyihishe inyuma, icyabibateye ndetse n’icyo bari bagamije. Agasaba abaturage kwirinda amakimbirane.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments