Abaturage bo mu karere ka Nyanza mu kagari ka Gatagara mu murenge wa Mukingo baritakana ubuyobozi babushinja kutabitaho no kutabakemurira ibibazo, bakavuga ko niyo bagejeje ikibazo ku bayobozi batabikemura ndetse ntibanabihe inzego zibakuriye, ibintu bavuga ko bibadindiza mu iterambere.
Batangaje ibi
nyuma y’aho umuturage mugenzi wabo asanze abaturanyi mu rugo rwabo yitwaje
intwaro gakondo akagerageza no kubakomeretsa, hakaba hashize amasaha Atari make
bategereje ko hari umuyobozi uhagera ngo abakemurire ikibazo, bagashimangira ko
aribyo bitiza umurindi urugomo ruhahora.
Abaturage
basaba abayobozi bakongera ingufu mu kwegera abaturage bakabakemurira ibibazo
ndetse n’ubuyobozi bwo hejuru bukamanuka bukabaza impamvu abo bayobozi
badakemura ibibazo by’abaturage bashinzwe.
Umuyobozi w’agateganyo
w’akarere ka Nyanza Kajyambere Patrick avuga ko mu kagali ka Gatagara umunyamabanga
nshingwabikorwa w’ako ari mushya ariko barakurikirana bakamenya ahari integer nke
bigakosorwa.
Gahunda yo
kwegereza ubuyobozi n’ubushobozi abaturage yatangiye muri 2000 igenda
ivugururwa mu 2012 na 2021 rukaba ari ugendo rukomeje nkuko biri mu Cyerekezo
cya 2050.