• Amakuru / POLITIKI


Guverinoma ya Uganda yanze kwitaba Inteko Ishinga Amategeko y’U Burayi (EU), yari yayihamagaje kugira ngo itange ibisobanuro ku bibazo byagaragajwe mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye ku wa 15 Mutarama 2026.

Mu cyumweru gishize, abagize Inteko ya EU bari bahamagaje Ambasaderi wa Uganda muri EU, Mirjam Blaak, ngo asobanure ibirego by’uko aya matora yaba yarabayemo ubujura bw’amajwi n’andi makosa atandukanye.

Aya matora yegukanywe na Perezida Yoweri Kaguta Museveni, ariko uwo bari bahanganye cyane, Bobi Wine (Robert Kyagulanyi), yahise atangaza ko yibwe amajwi, asaba Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi kugira icyo ukora kuri ibyo birego.

Byari biteganyijwe ko uhagarariye Uganda muri EU agomba kwitaba Inteko kuri uyu wa Mbere, gusa amakuru yatangajwe n’ibitangazamakuru byo muri Uganda agaragaza ko Guverinoma yahisemo kutitabira iyo nama.

Nubwo Uganda yanze kwitaba, ibikorwa by’Inteko ya EU byakomeje nk’uko byari biteganyijwe, aho biteganyijwe ko iri bwumve ibisobanuro by’indorerezi mpuzamahanga zakurikiranye amatora yo muri Uganda, kugira ngo hamenyekane ukuri ku byavuzwe.

Iyi ntambwe ya Uganda ishobora kongera kuzamura impaka ku mubano wayo na EU, cyane cyane mu bijyanye n’imiyoborere, demokarasi n’uburenganzira bwa muntu.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments