• Amakuru / POLITIKI


Abasirikare u Burundi bwohereje muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baravuga ko bafite ubwoba bwo kurwara indwara ya ‘Typhus’ ikomoka ku nda, kubera kutitabwaho.

Mu Ukuboza umwaka ushize u Burundi bwacyuye zimwe mu ngabo bwari bufite mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu rwego rw’ibyo bwise “kubahiriza amasezerano ya Washington”, ariko buza gusiga mu mujyi wa Baraka bataillon eshatu z’abasirikare.

Aba basirikare kuri ubu baravuga ko basa n’abatanzweho ibitambo, ahanini bitewe no kutitabwaho na Leta yabo.

Mu gihe mu minsi ishize abasirikare bari i Baraka bavugaga ko bugarijwe n’inzara, kuri ubu baravuga ko nyuma y’amezi menshi badahembwa bashobora kurwara indwara ya’Typhus’ ikomoka ku dukoko turimo inda.

Umwe mu basirikare watabaje ishyirahamwe FOCODE yagize ati: “Mwigeze gutanga inkuru y’abasirikare barwariye bwaki muri RDC kubera ibyo kurya byabo byibwa n’ababayobora. Ubu na bwo mu minsi iri imbere muzumva abarwaye typhus muzi ko ari indwara itakiboneka. Bizaba ari ishyano kumva umusirikare uri mu butumwa bw’igihugu byitwa ko ahembwa, hanyuma akarwara indwara iturutse ku nda; inda na zo zikaba ziva ku isuku nke.”

Yunzemo ati: “Mu by’ukuri, ubu abasirikare boga amazi yonyine, ntitumesa kubera ko nta gasabune. Nukuri turakwingize mudutangire ubu butumwa.”

Abasirikare b’Abarundi bari muri RDC, bavuga ko batazi niba bakiri abasirikare b’igihugu cyangwa baribagiranye, bagasaba Perezida Evariste Ndayishimiye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Burundi, Gen. Prime Niyongabo kubitaho.

Amakuru avuga ko kuva mu Ukuboza bariya basirikare batagihabwa amafaranga angana na $ 50 yo kubatunga bahabwaga buri kwezi; ibyatumye abenshi muri bo barwara inda kubera isuku nke.

Abasirikare b’Abarundi bavuga ko iyo bagerageje gusaba ababakuriye kubavuganira birangira babasubije ko ibibazo bafite biterwa n’akazi gake, mbere yo kubajyana muri siporo no mu bindi bikorwa nk’uburyo bwo kubima “umwanya wo gutekereza.”

Bavuga kandi ko mu gihe babaga bandikiwe amacupa abiri y’amazi kuri buri musirikare, kuri ubu asigaye anyobwa na ba Ofisiye gusa.

Kuri ubu amakuru avuga ko usibye abasirikare bari i Baraka, abandi b’u Burundi basigaye muri RDC bari muri Teritwari ya Mwenga, mu gihe abandi bari mu mujyi wa Kalemie.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments