• Imyidagaduro / ABAHANZI

Umuhanzi wa Afrobeats wo muri Nigeria, Divine Ikubor, uzwi cyane nka Rema, yatangaje bimwe mu byo akora mbere yo kujya ku rubyiniro kuririmba.

Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Dazed, ubwo yari  yitabiriye ibirori bya  Milan Fashion Week aho yanagenze ku murongo w’imideli wa Diesel, Rema yavuze ko mbere yo kuririmba anywa inzoga nkeya, akanywa itabi, agasenga, ndetse akaganira n’itsinda bakorana kugira ngo bemeze ko byose biteguye neza.

Yagize ati:  nywa  “Tequila nkeya, itabi rikeya, nkasenga, nyuma nkaganira n’itsinda dukorana tukareba ko byose biteguye neza.”

Rema yavuze ko kuririmba birushaho bitera igitutu kurusha kugenda ku murongo w’imideli, asobanura ko “kuririmba bisaba kugenzura neza umwuka uhumeka no gukomeza gushimisha imbaga y’abafana.”

Ku bijyanye n’umuziki uri kumuhesha imbaraga muri iyi minsi, yavuze ko ari kumva cyane umuziki w’umuco wo muri Sudan ucurangwa live.Yanemeye ko kunywa itabi ari “intege nke” ze zikomeye kurusha izindi.

 

 

 

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments