MTN Iwacu
Muzika Festival, umuhanzi Kenny Sol yongeye gutangazwa mu bazasusurutsa
abazitabira iri serukiramuco rikomeye ritegurwa na East African Promoter (EAP)
ku bufatanye na MTN Rwanda.
Ni ku nshuro
ya kabiri Kenny Sol agiye kugaragara muri ibi bitaramo, kuko aheruka
kuririmbamo mu 2023, mu gihe iri serukiramuco ryari rimaze gufata indi ntera mu
kuzenguruka Intara zitandukanye z’u Rwanda, rihuza abahanzi bakomeye n’abakunzi
babo mu buryo bwagutse.
Kenny Sol
agarutse muri MTN Iwacu Muzika Festival asanga hamaze gutangazwa undi muhanzi
ukomeye, Kevin Kade, wabimburiye abandi ku rutonde rw’abazaririmba muri uyu
mwaka.
Kugaruka kwe si inkuru isanzwe ku bakunzi be. Mu myaka
ibiri ishize, Kenny Sol yakomeje kwagura izina rye mu muziki nyarwanda no hanze
y’u Rwanda, agaragaza ko ari umwe mu bahanzi bafite ijwi rihariye, imiririmbire
yuje ubuhanga n’imitegurire yihariye ku rubyiniro.
Mu 2023 ubwo aherukaga muri iri serukiramuco, yagaragaje
ko ashoboye guhuza umuziki wuje amarangamutima n’ubyinitse, ibintu bituma aba
umwe mu bahanzi bakurura imbaga y’abakunzi b’umuziki w’iki gihe.
Kenny Sol ni umwe mu bahanzi bagezweho binyuze mu
ndirimbo zakunzwe cyane zirimo ‘Say My Name’, ‘Umurego’, ‘Quality’ yakoranye na
Double Jay ndetse na ‘One More Time’ yakoranye na Harmonize.
EP ye yise Stronger Than Before na yo yagaragaje indi
sura y’ubuhanzi bwe, aho yibanze ku butumwa bwo kwiyubaka, gukomera no gukomeza
urugendo nubwo haba hari imbogamizi.
Izi ndirimbo n’izindi nyinshi yagiye akora zatumye aba
umwe mu bahanzi bafite abakunzi benshi cyane mu rubyiruko, by’umwihariko
abakunda R&B n’umuziki uvanga amajwi y’iki gihe n’inyikirizo ziryoshye.
MTN Iwacu Muzika Festival ni imwe mu mishinga ikomeye
yagiye ifasha kuzamura impano z’abahanzi no kwegereza umuziki abawukunda mu
turere dutandukanye. Kuba Kenny Sol yongeye gutumirwa nyuma y’imyaka ibiri,
bigaragaza icyizere abategura iri serukiramuco bamufitiye ndetse n’urwego amaze
kugeraho.
Abakunzi be biteze ko kuri iyi nshuro azagarukana
imbaraga nshya, indirimbo nshya n’imyiyereko irenze iyo yagaragaje mu 2023.
Mu gihe andi mazina y’abahanzi azagenda atangazwa,
kugaruka kwa Kenny Sol byamaze kongera urwego rw’icyizere ku bazitabira MTN
Iwacu Muzika Festival y’uyu mwaka, aho benshi batangiye kwibaza indirimbo
azahitamo kuririmba n’udushya azazana ku rubyiniro.
Ibi bitaramo byitezweho kongera kuba umwanya wo guhuza
abahanzi n’abakunzi babo, no gukomeza gushyira umuziki nyarwanda ku rundi
rwego.
Like This Post? Related Posts