Amakuru aturuka mu bitangazamakuru bikomeye byo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aravuga ko u Burusiya buri guha Iran amakuru y’ubutasi ayifasha kumenya aho ingabo za Amerika ziherereye mu Burasirazuba bwo Hagati.
Abayobozi ba Amerika bavuganye n’ibitangazamakuru birimo Associated
Press na The Washington Post, bavuze ko Moscow yaba yarahaye Iran amakuru
ajyanye n’aho ibikoresho bya gisirikare bya Amerika biherereye, birimo amato
y’intambara n’indege za gisirikare.
Ayo makuru ngo ashobora kuba yarafashije ingabo za Iran kumenya neza uko
ingabo za Amerika zigenda n’aho ziherereye, mu gihe amakimbirane mu
Burasirazuba bwo Hagati arimo gukaza umurego.
Minisitiri w’Ingabo wa Amerika, Pete Hegseth, yatangaje ko Amerika
izahangana n’igihugu cyose cyaba gifasha Iran mu bikorwa byayo bya gisirikare.
Hegseth yavuze ko igisirikare cya Amerika gikurikiranira hafi ibyo
birego, kandi ko gishobora gufata ingamba mu gihe byashyira mu kaga ingabo
zacyo.
Yongeyeho ko nubwo hari amakuru avuga ko Iran iri gufashwa n’ibindi
bihugu, igisirikare cya Amerika kigifite “ubushobozi buhambaye” bwo gukomeza
ibikorwa byacyo mu Burasirazuba bwo Hagati.
Ku ruhande rwa White House, ubuyobozi bwa Amerika bwagerageje kugabanya
uburemere bw’ayo makuru.
Umuvugizi wa White House, Karoline Leavitt, yavuze ko ayo makuru “nta
ngaruka afite ku bikorwa bya gisirikare bya Amerika”, ashimangira ko ibivugwa
ku bufasha bw’u Burusiya kuri Iran ntacyo byahindura ku mikorere y’ibikorwa bya
gisirikare biri gukorwa muri aka karere.
Yongeyeho ko ingabo za Amerika zigifite ubushobozi bwo gukomeza ibikorwa
byazo, kandi ko ibitero bya gisirikare byibasiye Iran bikomeje.
Hagati aho umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe
za Amerika, Joe Wilson, yanenze cyane Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin,
amushinja kugira uruhare mu rupfu rw’Abanyamerika bapfira muri iyi ntambara.
Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X, Joe Wilson yagize ati:
“Putin, wakoze ibyaha by’intambara, ari kwica Abanyamerika binyuze mu guha Iran
amakuru y’ubutasi. U Burusiya bugomba kuryozwa akaduruvayo n’impfu ziri guterwa
n’ibikorwa byabwo.”
Ibi birego biza mu gihe u Burusiya bushinjwa gufasha Iran mu buryo
bw’amakuru y’ubutasi, mu gihe na Amerika isanzwe ifasha Ukraine mu ntambara iri
guhanganyemo n’u Burusiya.