• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE



Umutwe witwa Mouvement Debout Katanga pour la libération du Congo (MDKC), watangaje ko wamaze gutangiza intambara mu rwego rwo kubohora intara ya Katanga n’abanye-Congo muri rusange ‘ubutegetsi bw’igitugu’ bwa Perezida Félix Tshisekedi.

Umuvugizi w’uyu mutwe, Colonel Ngoy Kumwimba Tigre, mu itangazo yasohoye ku wa Gatanu tariki ya 06 Werurwe 2026, yavuze ko abarwanyi bawo bamaze kwigarurira uduce twa Lusinga na Nkonga two muri Teritwari ya Mitwaba, mu ntara ya Katanga.

MDKC ivuga ko ibihe Katanga n’abaturage bayo cyo kimwe na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri rusange bari kunyuramo birenze urugero rwo kwihanganirwa.

Uyu mutwe washinje Perezida Félix Tshisekedi n’ubutegetsi bwe ko “bafunze inzira zose z’ibiganiro by’ukuri hagati y’Abanye-Congo, bahitamo gushyiraho igitekerezo kimwe cyonyine cyo guhindura Itegeko Nshinga ryiswe ‘Itegeko ry’abanyamahanga’.”

Ni ibirego Tshisekedi areganwa n’umutwe witwara gisirikare w’ishyaka rye rya UDPS uzwi nka Force du Progrés, mu rwego rwo “kuguma ku butegetsi mu buryo bunyuranyije n’Itegeko Nshinga”.

Wagaragaje ko bitumvikana kuba ubutegetsi bwa Tshisekedi bwaratumye abanyapolitiki batandukanye barangajwe imbere na Joseph Kabila wahoze ari Perezida wa RDC n’abanyamadini bahunga igihugu, abandi bukabafunga nta mpamvu.

Uyu mutwe ushinja Tshisekedi gufunga no kugira impunzi abantu benshi

Mu bo wagarutseho harimo Aubin Minaku, Kamizelo, Emmanuel Shadari, Jean Claude Nvuemba, Frank Diongo, José Makila, Claude Lubaya, Bibi Kapinga, Seth Kikuni, Pero Luwara, Azarias Ruberwa, Matata Mponyo Mapon, Andre Kimbuta, Raymond Tshibanda, n’abanya-Katanga nka Moise Katumbi, Wivine Mumba, Laurianne Mwewa, Pasteur Mulunda, Jhon Numbi, Mathieu Kasunka, Richard Muyej, Henri Mova, Isabelle Tshombe, Papy Pungu, Jhon Kadjilo, Kahozi Bin Malisawa, Marcel Kafindo na Félix Kabange.

MDKC ishinja Tshisekedi gufunga abasirikare bakuru

Mu basirikare bakomeye wagarutseho bafunzwe harimo Gen Philemon Yav, Gen Mulongo, Gen Jhon Kabila, Gen Ekuka, Gen Kampeta, Gen Djadjidja, Gen Banza Kabulo, Gen Kisebo Andre na Gen Ramazani.

MDKC kandi yashinje ubutegetsi bwa Tshisekedi kuba bukomeje kuyobya Isi ku bibazo by’inyongera mu gihugu, ivangura ry’amoko, ruswa, kunanirwa kwa guverinoma, icyenewabo n’icuruzwa ry’ubutunzi bwa Katanga.

Yunzemo iti: “Dushingiye kandi ku kuba Isi ikomeje kurebera mu gihe abanye-Congo muri rusange n’abanya-Katanga bavuga Igiswahili bicwa, bakatirwa igihano cy’urupfu ndetse bagahatirwa guhunga igihugu, twebwe abanyamuryango ba MDKC twafashe icyemezo cyo gutangiza intambara y’amasasu, mu rwego rwo kubohora Katanga na Congo igitugu.”

Uyu mutwe waboneyeho gusaba ba Jenerali, ba Ofisiye bakuru n’abasirikare bato ba FARDC ndetse n’abanya-Katanga muri rusange “kwitandukanya na Félix Tshilombo n’ubutegetsi bwe bw’inkoramaraso”, ahubwo bakifatanya na wo “mu rugamba rwo gushyira iherezo ku gitugu”.

Wunzemo ko urugamba watangije ruri mu rwego rwo gutera ikirenge cy’abanye-Congo bo mu ntara za Ituri, Mai-Ndombe, Tshopo, Haut-Uele, Bas-Uele, Kivu y’amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo bafashe icyemezo cyo kwirwanaho bahangana n’ubutegetsi bwa Tshisekedi.

Abaturage batangiye kugira ubwoba

Rams Malikidogo, umwunganizi w’uburenganzira bwa muntu uherutse kugirira urugendo muri ako gace , avuga ko uwo mutwe mushya washyize icyicaro cyaryo ahitwa “Camp Tomate”, nko mu birometero icumi uvuye mu isoko rya Biakato.

Yagize ati:“Ibi ni amakuru mabi cyane. Dufite impungenge ko aba bagabo bashobora vuba gushyiraho za bariyeri ku mihanda bagamije kwaka abaturage amafaranga ku gahato no kubaho babakandamiza, kandi abaturage basanzwe barambiwe ihohoterwa.”

Abaturage bo muri ako gace basanzwe bahanganye n’ibitero byitirirwa inyeshyamba za Allied Democratic Forces (ADF) ndetse n’imitwe myinshi yitwaje intwaro yiyita Wazalendo, bafite ubwoba ko uku kugaragara kw’iri tsinda rishya bishobora kurushaho kongera umutekano muke muri ako karere.

Umuyobozi w’uwo mutwe azwi n’inzego z’umutekano

Nk’uko umuyobozi w’agace ka Mambasa Territory, Jean-Baptiste Munyapanzi, abitangaza, umuyobozi w’uwo mutwe yitwa Katembo Kiaviro, wahoze ari umurwanyi wa Mai-Mai kaba azwi n’inzego z’umutekano.

Uyu Katembo Kiaviro yigeze gufatwa n’inzego z’umutekano hashize imyaka ibiri mu gace ka Makumo, nyuma ajyanwa gufungirwa muri gereza ya gisirikare ya Ndolo iri i Kinshasa. Nyuma yaje kurekurwa, kandi amakuru avuga ko yagarutse mu ntara ya Ituri hashize amezi atarenze atandatu.

Umuyobozi w’akarere ka Mambasa avuga ko hakiri kwitondera mu kwemeza neza imiterere y’uwo mutwe.

Yagize ati“Naramuka yongeye gufata intwaro, byaba bisa n’ubugizi bwa nabi bw’imitwe yitwaje intwaro. Ariko kuri ubu ntituramenya neza niba ari umutwe w’ingabo uteguye neza. N’iyo baba barahisemo izina ry’umutwe wabo, turacyakeneye kumenya abo bafatanyije.”

Nubwo bimeze gutyo, ubwoba bumaze gukwira mu midugudu myinshi yo muri Mambasa, aho abaturage batinya ko hashobora gushyirwaho za bariyeri zitemewe ku mihanda ndetse n’ihohoterwa rishya mu gace gasanzwe karugarijwe cyane n’umutekano muke.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments