• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

 

Ubuyobozi Bukuru bw’ingabo za America muri Aziya, (U.S. Central Command, CENTCOM) bwemeje ko hari abandi basirikare babiri bapfuye harimo uwazize ibikomere by’ibisasu bya Iran.

Itangazo ry’igisirikare cya America rivuga ko umusirikare umwe wari muri Kuwait, tariki 06 Werurwe, 2026 ni ukuvuga ku wa Gatanu w’icyumweru gishize yapfuye azize impamvu z’uburwayi bwamuhutiyeho.

America ivuga ko icyamwishe kikiri gukorwaho iperereza.

CENTCOM mbere yari yatangaje urupfu rw’undi musirikare wapfuye ku wa Gatandatu azize ibikomere by’ibisasu byarashwe na Iran mu bihugu bitandukanye aho America ifite ibirindiro by’ingabo.

Igisirikare cya America kivuga ko uriya musirikare wari mu Bwami bwa Saudi Arabia, tariki ya 01 Werurwe, 2026 yakomereye cyane mu bitero bya Iran ku ngabo za America.

Kuva America ifatanyije na Israel mu bitero yise “Operation Epic Fury” imaze gupfusha abasirikare 7 kongeraho uriya umwe ivuga ko yishwe n’indwara, ubu babaye 8.

Amashusho ya satelite z’Abashinwa yagaragaje ko ibirindiro by’ingabo za America mu bihugu bituranye na Iran byarashweho kandi birasenyuka cyane.

Ku Cyumweru nibwo imirambo y’abasirikare 6 ba America bapfuye kw’ikubitiro intambara igitangira , yagejejwe muri America, amashusho agaragaza Perezida Donald Trump n’abandi bayobozi baha icyubahiro abo basirikare.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments