Kuri uyu wa Mbere, Ingabo na Polisi by’u Rwanda ku
bufatanye n’izindi nzego batangiye ibikorwa byo gufasha abaturage mu mibereho
myiza n’iterambere.
Ibi bikorwa bikubiye mu nsanganyamatsiko igira
iti “Ubufatanye bw’Abaturage, Ingabo na Polisi by’u Rwanda mu bikorwa byo
kwizihiza Kwibohora 32”
Ni ibikorwa bizabera mu gihugu hose, aho bizibanda ku
buvuzi, ubworozi, kubakira abatishoboye, kubaka ibyumba by’amashuri,
gukwirakwiza amazi, kubaka ibiraro no kurengera ibidukikije.
Umuyobozi w’Ishami rishinzwe guhuza Ibikorwa bya Polisi
n’Abaturage, ACP Ruyenzi Teddy, yasabye abaturage kwitabira ibi bikorwa
bitangira mu gihugu hose.
Ati: “Turasaba abaturage kuhaba tukaba turi kumwe,
niba turimo kubaka inzu tugafatanya.”
Mu kiganiro na Radioyo y’igihugu RBA , yagaragaje ko
bazanaganira n’abaturage uko bakora ibishoboka byose bakirinda ibyaha no
kubikumira aho batuye.
Umuyobozi ushinzwe guhuza ibikorwa by’Ingabo n’abaturage
mu Ngabo z’u Rwanda, Colonel Désiré Migambi Mungamba, avuga ko ibi bikorwa
bifasha kuzamura imibereho y’abaturage no guteza imbere umutekano.
Yagaragaje ko kuva mu 2009, ibikorwa by’ingabo na Polisi
by’u Rwanda bigamije gufasha abaturage byubatse imikoranire ikomeye n’abaturage
ndetse bikarushaho guteza imbere imibereho yabo.
Ati: “Iyo dusubije amaso inyuma, tugenda tubona
byarubatse ikintu gikomeye mu mikoranire yacu n’abaturage.”
Col. Migambi yavuze ko mu gihe cy’urugamba rwo kubohora u
Rwanda, Perezida Kagame atahwemye kuvuga ko igisirikare ariwo musingi w’iterambere
ry’u Rwanda.
Ati: “Mu by’ukuri, iyi gahunda hari aho tubona
yunganira igihugu mu mibereho myiza y’abaturage, uretse nibyo noneho no mu
mutekano.”
Ingabo na Polisi by’u Rwanda bashishikarije abaturage
gukomeza ubufatanye n’inzego z’umutekano mu bikorwa byose bigamije iterambere
n’umutekano by’igihugu.
Like This Post? Related Posts