Perezida wa Guinée,
Mamadi Doumbouya, yafashe icyemezo cyo gusesa amashyaka ya politiki 40 atavuga
rumwe na leta, mu rwego rwo kuvugurura urwego rwa politiki muri iki gihugu.
Iki cyemezo
cyatangajwe n’inzego za leta zishinzwe imiyoborere ya politiki, zivuga ko ayo
mashyaka atubahirizaga amategeko agenga imikorere y’amashyaka ya politiki,
harimo kutagira ibikorwa bifatika cyangwa kutuzuza ibisabwa n’amategeko.
Leta ivuga
ko iki cyemezo kigamije gutuma urwego rwa politiki rurushaho gukorera mu mucyo
no kubahiriza amategeko.
Ariko bamwe
mu banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko iki cyemezo gishobora
kugabanya ubwisanzure bwa politiki no gukomeza gukandamiza abatavuga rumwe na
leta.
Mamadi
Doumbouya yafashe ubutegetsi mu 2021 nyuma ya kudeta yahiritse ubutegetsi bwa
perezida wari uriho icyo gihe, Alpha Condé.
Kuva icyo
gihe, ubuyobozi bwe bwagiye buvuga ko buri gukora ivugurura ry’inzego
zitandukanye z’igihugu, harimo politiki n’imiyoborere.
Like This Post? Related Posts