Ihuriro
rya AFC/M23 ryatangaje ko ryashyikirije Komite Mpuzamahanga y’Umuryango Utabara
Imbabare (CICR/ICRC) abantu barenga 5,000 bari bafatiwe ku rugamba, barimo
abasirikare b’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) hamwe
n’abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo.
Aba
basirikare bashyikirijwe CICR kugira ngo ifashe kubageza i Kinshasa, mu gikorwa
cyabereye ku kigo cya gisirikare cya Rugamabo ku wa Mbere tariki ya 02 Werurwe
2026, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Nk’uko
iri huriro ribivuga, iki gikorwa kigamije kugaragaza ubushake bwo kubahiriza
amasezerano ajyanye no kubaka icyizere hagati y’impande zihanganye mu ntambara.
Rivuga kandi ko ari intambwe igamije kugabanya umwuka mubi no kubahiriza
amategeko mpuzamahanga arengera abantu mu gihe cy’intambara.
Nubwo
bimeze bityo, AFC/M23 ivuga ko ubutegetsi bwo muri Kinshasa bukomeje kugaragaza
imyitwarire yo kudashaka ubwumvikane. Iri huriro rishinja ubuyobozi bwa Congo
gukomeza gufunga bamwe mu bayoboke baryo ndetse n’abandi bantu, rivuga ko
bafashwe mu buryo butemewe n’amategeko.
Iri
huriro ryanashinje ubutegetsi bwa Congo kurenga ku masezerano yo guhagarika
imirwano, rivuga ko bukomeje kugaba ibitero mu bice bitandukanye, birimo
n’ibivugwa ko byibasira abasivili n’imitungo yabo.
Mu butumwa bwaryo, AFC/M23 yavuze ko amaraso y’Abanyekongo ameneka mu ntambara, kandi ko uruhare ruvugwa ko rufitwe na Perezida wa RDC, Félix Tshisekedi, rutazirengagizwa cyangwa ngo rwibagirwe.