• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Ihuriro rya AFC/M23 ryatangaje ko ryashyikirije Komite Mpuzamahanga y’Umuryango Utabara Imbabare (CICR/ICRC) abantu barenga 5,000 bari bafatiwe ku rugamba, barimo abasirikare b’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) hamwe n’abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo.

Aba basirikare bashyikirijwe CICR kugira ngo ifashe kubageza i Kinshasa, mu gikorwa cyabereye ku kigo cya gisirikare cya Rugamabo ku wa Mbere tariki ya 02 Werurwe 2026, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Nk’uko iri huriro ribivuga, iki gikorwa kigamije kugaragaza ubushake bwo kubahiriza amasezerano ajyanye no kubaka icyizere hagati y’impande zihanganye mu ntambara. Rivuga kandi ko ari intambwe igamije kugabanya umwuka mubi no kubahiriza amategeko mpuzamahanga arengera abantu mu gihe cy’intambara.

Nubwo bimeze bityo, AFC/M23 ivuga ko ubutegetsi bwo muri Kinshasa bukomeje kugaragaza imyitwarire yo kudashaka ubwumvikane. Iri huriro rishinja ubuyobozi bwa Congo gukomeza gufunga bamwe mu bayoboke baryo ndetse n’abandi bantu, rivuga ko bafashwe mu buryo butemewe n’amategeko.

Iri huriro ryanashinje ubutegetsi bwa Congo kurenga ku masezerano yo guhagarika imirwano, rivuga ko bukomeje kugaba ibitero mu bice bitandukanye, birimo n’ibivugwa ko byibasira abasivili n’imitungo yabo.

Mu butumwa bwaryo, AFC/M23 yavuze ko amaraso y’Abanyekongo ameneka mu ntambara, kandi ko uruhare ruvugwa ko rufitwe na Perezida wa RDC, Félix Tshisekedi, rutazirengagizwa cyangwa ngo rwibagirwe.



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments