Perezida wa Madagascar Michael Randrianirina yasheshe guverinoma nyuma yo gukuraho minisitiri w’intebe n’abaminisitiri bose, nkuko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru Reuters.
Reuters
ivuga ko itangazo ryo mu biro bya perezida ritasobanuye impamvu zatumye afata
icyo cyemezo ariko ryavuze ko azashyiraho minisitiri w’intebe mushya vuba aha,
bijyanye n’ibiteganyijwe mu itegekonshinga.
Iyo
leta yasheshwe yari yagiyeho mu kwezi kw’Ukwakira (10) kw’umwaka ushize, nyuma
y’iminsi micye Randrianirina afashe ubutegetsi binyuze muri ‘Coup d'État’ yari
ishyigikiwe n’ingabo z’icyo gihugu cyo mu nyanja y’Abahinde.
Iryo
hirikwa ry’ubutegetsi ryakurikiye imyigaragambyo yari iyobowe n’urubyiruko
yakuye ku butegetsi uwari Perezida, Andry Rajoelina.
Hagati
aho, abanyamabanga bahoraho ba leta bo muri minisiteri zinyuranye ni bo bazaba
bakora akazi ka buri munsi ka minisiteri kugeza hashyizweho leta nshya.