Ubuyobozi bw’Ingabo za Niger zatangaje ko zasubije
inyuma igitero cyagabwe ku kigo cya gisirikare kirimo drones giherereye ku
kibuga cy’indege cya Tahoua, mu majyepfo y’uburengerazuba bw’igihugu.
Iki gitero
cyabaye ku mugoroba wo ku Cyumweru, nk’uko byemejwe ku wa mbere n’inzego
z’umutekano ndetse n’abaturage baho.
Mu gihe
cy’icyo gitero, abaturage bumvise amasasu menshi n’ibiturika, nk’uko bigaragara
no mu mashusho yafashwe n’abaturage zigakwirakwira ku mbuga nkoranyambaga.
Iki gitero
kibaye nyuma y’ibyumweru bike habaye ikindi igitero cyagabwe ku kibuga mpuzamahanga
cy’indege cya Niamey, cyari cyavuzwe ko cyakozwe n’umutwe wa État islamique.
Kuva mu
kwezi kwa Nyakanga 2023, Niger iyobowe n’abasirikare nyuma ya kudeta yabaye
muri icyo gihe. Iki gihugu kimaze imyaka irenga icumi gihanganye n’ibitero
by’imitwe yitwaje intwaro ifitanye isano na Al-Qaïda ndetse na leta ya Kisilamu
Kugeza ubu
nta mutwe w’iterabwoba uratangaza ko ari wo wagabye iki gitero.
Nk’uko
byatangajwe n’inzego z’umutekano, abasirikare bamwe barakomeretse muri icyo
gitero, kimwe n’abarwanyi bakekwaho iterabwoba.
Iki kigo cya
drones cyubatswe i Tahoua mu 2022, aho ingabo zirwanira mu kirere za Niger
zikunda gukorera ibikorwa byo kugenzura no kurwanya imitwe yitwaje intwaro muri
ako karere.
Akarere ka
Tahoua gakunze kwibasirwa n’ibitero by’imitwe yitwaje intwaro cyane cyane mu
majyaruguru hafi y’umupaka wa Mali, ndetse no ku mupaka wa Nigeria aho hakunze
kugaragara ibitero by’imitwe yitwaje intwaro yitwa “abajura bitwaje intwaro”.
Nubwo hari
ibyo bibazo by’umutekano, umujyi wa Tahoua utuwe n’abaturage barenga ibihumbi
100, ukunze kuba utekanye ugereranyije n’utundi duce two muri ako karere.
Like This Post? Related Posts