Nyuma y’uko
uwahoze ari Perezida wa Sénégal, Macky Sall atangiye kandidaure yo
kuzasimbura ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’abibumbye (ONU) nibyakiriwe neza na bamwe mu baturage
ba Senegal
2Benshi mu bagizweho Ingaruka n’imvururu zabaye muri 2021 no muri 2024 mu
gihe cya Manda ya Macky Sall bavuga batishimiye ko uyu
yaba umukandida kuri uwo mwanya
Umwe mu
bagaragaje kutabyishimira ni Depite Guy Marius Sagna wo mu ishyaka PASTEF,
wavuze ko ONU itagomba kuba ahantu ho guhishira ibyaha
“ONU
ntigomba kuba aho abantu bagomba guhishira ibyaha by’amaraso n’ibyaha
by’ubukungu. Uwahoze ari Perezida wa Sénégal, Macky Sall, yakoze cyangwa
yashishikarije ibyaha by’amaraso n’iby’ubukungu muri Sénégal,”
Abashyigikiye
Macky Sall bo bamagana ayo makuru, bavuga ko abatamushyigikiye ari bake. Ku
cyicaro cy’ishyaka rye Alliance pour la République (APR), hari ibikorwa byo
gukangurira abantu kumushyigikira.
Umwe mu
bayobozi b’ishyaka APR, Mamadou Kassé, yavuze ko Macky Sall yagize uruhare
rukomeye mu bibazo bikomeye byaganiriweho ku rwego mpuzamahanga.
Yavuze ko mu
bikorwa bye harimo gushyigikira ko Afurika ibona umwanya uhoraho mu nama ya G20
binyuze mu Union africaine, ndetse no kugira uruhare mu biganiro mpuzamahanga
nko guhura na Perezida w’u Russie, Vladimir Poutine, mu gihe cy’intambara iri
hagati y’u Burusiya na Ukraine.
Hari
n’abandi bavuga ko kuba Macky Sall yaba Umunyamabanga Mukuru wa ONU byaba ari
inyungu kuri Sénégal.
Badou Ndao
yavuze ko ku nyungu rusange za Sénégal byaba byiza ko igihugu gishyigikira uwo
mukandida aho kwerekana amacakubiri ku rwego mpuzamahanga.
Kandidatire
ya Macky Sall yatanzwe n’Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi, ubu unayoboye Union
africaine. Gusa kugeza ubu haracyategerejwe kumenya niba ubuyobozi bwa Sénégal
buzamushyigikira ku mugaragaro.
Like This Post? Related Posts