Abasivile
benshi bamaze kwicwa muri Haïti mu bitero by’indege zitagira abapilote (drones)
byagabwe ku mitwe y’abagizi ba nabi. Nk’uko bitangazwa n’umuryango uharanira
uburenganzira bwa muntu Human Rights Watch, nibura abantu 1.243 bapfuye mu
bikorwa 141 byakozwe hagati ya tariki ya 1 Werurwe 2025 na 21 Mutarama uyu
mwaka.
Uyu muryango
uvuga ko inzego z’umutekano za Haïti zikoresha kenshi serivisi z’ibigo byigenga
by’umutekano bikoresha drones mu bikorwa byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro,
ariko ibyo bikorwa bikagira ingaruka zikomeye ku basivile.
Juanita
Goebertus, ushinzwe akarere ka Amerika muri Human Rights Watch, yavuze ko
abantu benshi, barimo abana, bapfuye cyangwa bagakomereka muri ibyo bitero.
“Abantu
benshi, barimo n’abana, bishwe cyangwa barakomereka mu bitero byakorewe
hakoreshejwe drones,” ni ko Juanita Goebertus yatangaje.
Yasabye
ubuyobozi bwa Haïti kongera kugenzura neza ibikorwa by’ibi bitero kugira ngo
hirindwe ingaruka ku baturage.
Umutekano
muri Haïti ukomeje kuba mubi cyane. Nk’uko bitangazwa na United Nations, imitwe
y’abagizi ba nabi igenzura hafi 90% by’umurwa mukuru Port-au-Prince.
Mu mwaka wa
2025 gusa, iyi mitwe yishe abantu hafi 6.000, ibintu byatumye abaturage benshi
bahunga ingo zabo.
Raporo
igaragaza ko abantu bagera kuri miliyoni 1,4 bamaze kwimurwa n’ikorwa ry’imitwe
yitwaje intwaro, bingana hafi na 10% by’abaturage b’igihugu.
Usibye
ikibazo cy’umutekano, abaturage ba Haïti bahanganye n’ikibazo gikomeye cy’ibura
ry’ibiribwa. Bivugwa ko hafi kimwe cya kabiri cy’abaturage bahura n’ikibazo
gikomeye cy’inzara.
Muri bo,
abana bagera kuri miliyoni 1,2 bari munsi y’imyaka itanu bafite ikibazo
gikomeye cy’imirire mibi, ibintu bikomeje gutera impungenge imiryango
mpuzamahanga.