• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Imitwe y’abahezanguni irimo Boko Haram irashinjwa kongera imbaraga mu bitero igaba ku birindiro by’ingabo za Nigeria mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’igihugu.

Nk’uko abasesenguzi n’inyandiko z’umutekano zibigaragaza, nibura abasirikare babiri bafite ipeti rya ofisiye n’abandi basirikare benshi bishwe muri ibyo bitero, byerekana ko byari byateguwe ku buryo buhanitse kandi bufite ubufatanye bukomeye.

Mu mpera z’icyumweru gishize, abarwanyi b’abahezanguni bagabye nibura ibitero bitandatu mu Ntara za Borno na Yobe, ndetse no mu karere k’ikiyaga cya Lac Tchad.

Amakuru atangazwa n’inzego z’umutekano avuga ko bamwe mu bagabye ibitero bashoboye kwiba amakamyo ya gisirikare n’ibikoresho by’ingabo nyuma yo gufata bimwe mu birindiro by’ingabo.

Mu itangazo ryasohowe n’ingabo za Nigeria, zavuze ko ibitero byagabwe hagati yo ku Cyumweru no ku wa Mbere ari “igerageza ry’imitwe y’iterabwoba ryo kurusha imbaraga ingabo ziri mu birindiro.”

Nigeria imaze imyaka irenga icumi ihanganye n’ibikorwa by’imitwe y’abahezanguni mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’igihugu.

Nyuma yo gutangiza inyeshyamba mu 2009, umutwe wa Boko Haram wagiye ucikamo ibice bitandukanye, birimo n’ishami ry’abahezanguni ry’umutwe wa leta ya kisilamu  muri afurika  y’iburengerazuba

 Iki kibazo cy’umutekano gikomeje gushyira igitutu gikomeye ku ngabo za Nigeria, cyane cyane ko zigomba no guhangana n’indi mirwano n’imitwe yitwaje intwaro mu bindi bice by’amajyaruguru y’igihugu.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments