• Amakuru / MU-RWANDA


Mu Karere ka Rubavu, abacoracora (abambutsa ibicuruzwa mu buryo butemewe n'amategeko) batanu (5) barwanyije Polisi irabarasa umwe muri bo ahasiga ubuzima mu gihe abandi bane (4) bakometse.

Ibi byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 11 Werurwe 2026, mu Karere ka Rubavu, mu Ntara y'Iburengerazuba, hafi y'umupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanirana Demokarasi ya Congo (RDC) ahakunze kwambukirizwa ibicuruzwa mu buryo butemewe n'amategeko babikuye muri icyo gihugu.

Abarashwe basanzwe bambutsa ibicuruzwa bitandukanye mu buryo butemewe n'amategeko, ubwo bafatwaga bavuye muri RDC barwanyije inzego z'umutekano zirimo na Polisi y'u Rwanda irasabarasa umwe ahita ahasiga ubuzima.

Kugira ngo nyakwigendera araswe na Polisi y'u Rwanda byatewe nuko ubwo yabahagarikaga umwe muri bo yahise akubita inkoni umupolisi na we mu kwitabara ni bwo yahise arasa umwe ahita ahasiga ubuzima.

Amakuru atangwa n'abaturage avuga ko uwarashwe na Polisi yari asanzwe agenda imbere y'abacoracora kugira ngo abarindire umutekano.

Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Ntara y'Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro, avuga ko kugira ngo uwo muturage araswe byatewe nuko yayirwanyije mu kwitabara araraswa.

Yakomeje asaba abaturage kwirinda gukora ibikorwa binyuranyeje n'amategeko kuko bigira ingaruka zitandukanye.

Ingingo ya 87 y’Itegeko No. 026/2019 ryo ku wa 18/09/2019 rigena uburyo bw’isoresha, iteganya ko; umuntu wese ugambiriye kutishyura umusoro ukoze igikorwa cyo guhisha ibicuruzwa bisoreshwa cyangwa imitungo ifitanye isano n’ubucuruzi; aba akoze icyaha cyo kunyereza umusoro.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarengeje imyaka itanu (5).


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments