• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Mu gitondo cyo  kuri uyu wa gatatu tariki ya 10 Werurwe 2026 nibwo z’intambara zitagira abapilote (drones) z’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zarashe mu mujyi wa Goma.

Muri  ibyo bitero byibasiye  zimwe mu nyubako ziri mu gace k’abakomeye mu mugi wa Goma byaguyemo umukozi w’Ishami ry’umuryango w’abibumbye wita ku bana (UNICEF),Umufaransakazi Carine Buisset 

Urupfu rwe rwateje akababaro gakomeye mu miryango mpuzamahanga n’imiryango ikora ibikorwa by’ubutabazi ikorera muri aka karere karangwa n’umutekano muke.

Mu butumwa bwo kwihanganisha umuryango we, inshuti ze n’abo bakoranaga Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron abinyujije ku  rubuga rwa X  yihanganishije  umuryango we,Inshuti ze nabo bakoranaga .

Yagize ati : Umukozi w’Umufaransakazi wakoreraga UNICEF yiciwe mu mujyi wa Goma.Ku u muryango we, inshuti ze n’abo bakoranaga, ndabagezaho ubutumwa bw’ihumure n’akababaro k’Igihugu cyacu.

yanasabye impande zose ziri mu makimbirane kubahiriza amategeko mpuzamahanga agenga ibikorwa by’ubutabazi n’abakozi babikora, cyane cyane abakora mu bice by’intambara bagamije gutabara no kurokora ubuzima bw’abaturage.

UNICEF ni umwe mu miryango y’Umuryango w’Abibumbye ukora ibikorwa byo kurengera abana no kubafasha kubona ubuzima bwiza, cyane cyane mu bihugu biri mu bibazo by’intambara cyangwa ibiza.

Urupfu rw’uyu mukozi w’ubutabazi rugaragaza ibyago abakozi b’imiryango mpuzamahanga bakorera mu bice by’intambara bahura na byo, cyane cyane mu burasirazuba bwa République démocratique du Congo, aho umutekano ukomeje kuba muke kubera ibikorwa by’imitwe yitwaje intwaro.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments