• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

 

 

Urukiko rw’Ikirenga rwa Afrique du Sud rwatesheje agaciro icyemezo cy’Inteko Ishinga Amategeko cyari cyahagaritse gahunda yo gukurikirana Perezida Cyril Ramaphosa ngo ashobore kweguzwa ku butegetsi kubera ikibazo  cy’amafaranga miliyoni 4 z’amadolari yibiwe mu rwuri rw’Inka ze rwa  Phala Phala.

Iki cyemezo cyafashwe kuri uyu wa  Gatanu gishobora kongera igitutu cya politiki kuri Ramaphosa n’ishyaka riri ku butegetsi rya African National Congress (ANC) mbere y’amatora y’inzego z’ibanze ateganyijwe ku wa 4 Ugushyingo.

Perezida Cyril Ramaphosa ashinjwa guhisha ubujura bwabaye mu 2020 mu rwuri  rw’inka ze rwa  Phala Phala, ruri mu ntara ya Limpopo.

Abamunenga bavuga ko amafaranga menshi y’amadevize y’amahanga yari ahishe mu bikoresho byo mu nzu,  nko  mu ntebe no munsi y’amatapi yibwe ariko ntatangazwe neza ku nzego za polisi n’iz’imisoro.

Raporo yakozwe na komisiyo yigenga yavuze ko Perezida “ashobora kuba yarakoze amakosa akomeye ndetse n’imyitwarire idakwiye.”

Mu 2022, Inteko Ishinga Amategeko yari iyobowe na African National Congress (ANC) yanze gutangiza uburyo bwo gukurikirana Ramaphosa ngo abe yakwegura.

Ariko kuri ubu, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Mandisa Maya, yatangaje ko iyo myanzuro “inyuranyije n’Itegeko Nshinga kandi iteshejwe agaciro.”

Yanategetse ko raporo ya komisiyo yigenga yoherezwa muri komisiyo ishinzwe gukurikirana ibirego byo kweguza Perezida.

Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’ikirego cyatanzwe n’ishyaka rya Economic Freedom Fighters (EFF).

Umuyobozi waryo Julius Malema yavuze ko bishimiye kuba “Itegeko Nshinga ryatsinze.”

Yavuze kandi ko African National Congress (ANC) ikwiye kwibaza niba ishaka gukomeza kuyoborwa n’umukuru w’igihugu uriho “igihu cy’amakemwa.”

Bitandukanye na 2022, ubu African National Congress (ANC) ntikigifite ubwiganze busesuye mu Nteko Ishinga Amategeko.

Nyuma y’amatora rusange ya 2024, iri shyaka ryabonye hafi 40% by’intebe, bituma rishyiraho guverinoma y’ubufatanye n’andi mashyaka icyenda.

Ishyaka rya Democratic Alliance (DA), riri mu bafatanyabikorwa ba guverinoma, ryatangaje ko rizitabira ibikorwa bya komisiyo izasesengura niba Ramaphosa akwiye gukurikiranwa.

Perezidansi ya Afurika y’Epfo yatangaje ko Perezida yubaha icyemezo cy’urukiko kandi yemera ko nta muntu uri hejuru y’amategeko.

Ramaphosa akomeje guhakana amakosa yose, avuga ko amafaranga yibwe atari miliyoni 4$, ahubwo ko yari ibihumbi 580 by’amadolari byavuye mu igurishwa ry’inyamaswa 20 z’imbogo ku mucuruzi wo muri Soudan.

Yanahakanye ibyo gushimuta cyangwa guha ruswa abakekwaho ubujura kugira ngo baceceke.

Abasesenguzi bavuga ko niba komisiyo nshya yatangira iperereza ryimbitse, Perezida Cyril Ramaphosa ashobora guhura n’ibibazo bikomeye bya politiki ndetse no gutakarizwa icyizere n’abaturage.

Ibi bibaye mu gihe abaturage benshi banenga ubutegetsi bwa ANC kubera ruswa, ubushomeri n’ibibazo by’imiyoborere.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments