Umuyobozi wa
opozisiyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Martin Fayulu, yatangaje
ko azahangana n’umugambi uwo ari wo wose ushobora gutuma Perezida Félix
Tshisekedi aguma ku butegetsi nyuma ya manda ebyiri ziteganywa n’Itegeko
Nshinga.
Aya magambo
yayatangaje nyuma y’uko Perezida Tshisekedi avuze ko ashobora “kugaruka” mu
gihe Abanyekongo baba babimusabye.
Mu kiganiro
yagiranye n’itangazamakuru, Martin Fayulu yavuze ko Perezida Tshisekedi ashaka
kuguma ku butegetsi anyuranyije n’ubushake bw’Abanyekongo.
Yagize ati:“Félix
Tshisekedi ashaka kwizirika ku butegetsi asuzugura abaturage ba Congo. Ariko
nta bushobozi afite bwo kurwanya ubushake bw’abaturage.
Mu 2028,
niba nta matora yabaye, muri Mutarama 2029 azagenda. Tuzakora ibishoboka byose
nk’uko twabikoze kuri Kabila. Twabujije Kabila manda ya gatatu kandi
tuzanaburizamo iya Tshisekedi.”
Ku wa Gatatu
nijoro, Félix Tshisekedi yavuze ku gitekerezo cyo kuvugurura Itegeko Nshinga,
umushinga ushyigikiwe n’ishyaka rye.
Ariko LAMUKA
iyobowe na Fayulu ibona ibi nk’ikibazo gikomeye gishobora guhungabanya
demokarasi.
Abatavuga
rumwe na Leta bavuga ko impinduka ku Itegeko Nshinga zishobora gufungurira
inzira Perezida Tshisekedi yo kongera kwiyamamaza.
Martin
Fayulu yakomejeavuga ko intambara iri mu
burasirazuba bwa Congo ishobora kuba ikoreshwa nk’urwitwazo rwo kudategura
amatora ya 2028.
Yagize ati:“Birasa
nk’aho intambara iri mu burasirazuba bwa Congo iri gukomeza nkana. Arimo
kuyikoresha kugira ngo amatora ataba.”
Yanashinje
Perezida Tshisekedi n’u Rwanda kuba bafite inyungu zihariye muri Congo,
amagambo ashobora kongera umwuka mubi wa politiki hagati y’impande
zitandukanye.
Mu magambo
ye, Fayulu yavuze ko Perezida Tshisekedi yibeshya niba atekereza ko Leta Zunze
ubumwe z’Amaerika zishobora kumurinda
igitutu cy’abaturage.
Yagize ati:“Abanyamerika
bakorera inyungu z’abaturage babo, ntabwo bakorera abantu ku giti cyabo. Nta
gihugu gishobora kubuza abaturage ba Congo gukoresha ubusugire bwabo.”
Ibi byose
bibaye mu gihe umutekano ukomeje kuba muke
mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo
Like This Post? Related Posts