U Rwanda
rwagereranyije ibikorwa bya Perezida Ndayishimiye byo kwakira abavuga ko
bavuganira Abanyamurenge n’ibyo Habyarimana Juvenal yakoreshaga umututsi witwaga
Antoine Nyetera mu myaka ya 1990 na nyuma agakomeza gupfobya Jenoside yakorewe
bene wabo b’Abatutsi.
Ku mbuga
nkoranyambaga hakomeje gucaracara amashusho y’abagabo bari kumwe na Perezida w’Uburundi
Evariste Ndayishimiye akaba n’umuyobozi w’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe.
Muri ayo
mashusho abo bagabo bahagarariwe n’uwitwa Charles Nteze bumvikana bavuga ko
bagiye mu Burundi bajyanwe no gushimira icyo gihugu ku bufasha gikomeje guha abo mu bwoko bw’Abanyamulenge.
Uwo Charles Nteze yagize ati “Tuje gushimira
igihugu cy’Uburundi ku gikorwa cyiza cyabashije gukora mu gihugu cyacu ariko
cyane cyane mu ntambara zagiye ziba mu karere tuvukamo twebwe abo mu bwoko bw’Abanyamulenge.
Tukaba turi gushimira Uburundi n’umukuru wabwo ku ntambwe babashije gufata yo kurengera
ubuzima bwari mu kaga.”
Akomeza
avuga ko izo ntambara ziri mu gihugu cyabo zikorwa n’igihugu cy’u Rwanda kandi
ngo “Kitwaza izina ryacu ry’Abanyamulenge ndetse n’izina ry’abatutsi”.
Aba bivugwa
ko bari mu itsinda ryiyise Banyamulenge Global Advocacy baravuga ibi mu gihe
nta munsi w’ubusa hadatangazwa inkuru zivuga ko ingabo z’Uburundi zifatanyije
na FDLR na FARDC ndetse na WAZALENDO bakomeje kugaba ibitero byo ku butaka
ndetse n’ibyo mu kirere byifashisha Drone mu kwica abo mu bwoko bw’Abanyamulenge
babarizwa muri Teritwari ya Minembwe no mu yindi misozi miremire yo mu ntara ya
Kivu y’Amajyepfo mu gihugu cya Congo.
Agendeye
kuri ibi minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Amb. Olvier Nduhungirehe
yagereranyije iki gikorwa n’ibyakozwe na Habyarimana wahoze ayobora u Rwanda,
ati “Ubu buryo bwo gukoresha abantu bagahabwa umwanya wo kurwanya abo
bakomokamo si ubwa none mu karere kacu. Uwahoze ari Perezida Juvénal Habyarimana n’ishyaka rye rya MRND babikoze cyane mu ntangiriro z’imyaka ya
1990 mu Rwanda, aho Abatutsi batotezwaga bakanicwa hirya no hino mu gihugu
bifashishije umwe mu bantu Habyarimana yakoreshaga, Antoine Nyetera.”
Kuri uru
ruzinduko Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko niba aba bantu koko bakora
ubuvugizi ku Banyamulenge bagombaga kujya kureba iwabo i Minembwe no mu misozi miremire (Haut Plateaux),
bakirebera ubwabo ibitero bya buri munsi by’indege zitagira abapilote (drones)
za FARDC bisenya amazu n’imibereho y’ababyeyi babo, ndetse bakamenya uko hari bariyeri zishingiye ku moko
zashyizweho n’ingabo z’u Burundi zigamije
kubuza bene wabo b’Abanyamulenge kugera ku masoko.
Amakuru avuga ko aba bantu bagiye mu Burundi ku butumire bwa Perezida Ndayishimiye nyuma y’aho birukanwe na bene wabo mu Banyamulenge nabwo babashinja gushakira indonke mu mfu za bene wabo iyo bari bari muri Amerika.