Ihuriro ry’abakora muri serivisi z’indege muri Kenya (KAWU) ryatangaje ko abanyamuryango baryo bazongera kwigaragambya guhera tariki ya 25 Werurwe 2026 mu gihe Leta itakemura ibibazo byabo birimo imishahara mito.
Muri Gashyantare, aba bakozi bafashe icyemezo cyo
guhagarika akazi bitewe n’uko ikigo gishinzwe ingendo z’indege za gisivili
(KCAA) kitari cyakemuye ikibazo cyabo.
Ubwo ingendo z’indege zinyura ku kibuga
mpuzamahanga cy’indege cya Jomo Kenyatta zari zimaze amasaha 20 zihagaze, aba
bakozi bemeye gusubira mu kazi. Icyo gihe Leta yari yabijeje ko igiye kwiga ku
kibazo cyabo kugira ngo igikemure.
Ku wa 18 Werurwe, Umunyamabanga Mukuru wa KAWU,
Moses Ndiema, yatangaje ko mu cyumweru gitaha bazasubukura imyigaragambyo
kubera ko Leta itarakemura ikibazo cyabo.
Ndiema yamenyesheje abateganya gukora ingendo zo mu
kirere zifite aho zihuriye na Nairobi guhera tariki ya 25 Werurwe ko bakwiye
kwitegura imbogamizi zishobora kuzabaho, kandi ko badakwiye kubara ikosa ku
banyamuryango ba KAWU.
Nk’uko byagenze ubushize, mu gihe hatabaho
ibiganiro, sosiyete zikoresha ikibuga cy’indege cya Jomo Kenyatta zishobora
kongera guhagarika ingendo zijyayo cyangwa zivayo, zigakoresha ibindi bibuga.