Mu gihugu cya Kenya, imidugudu
myinshi yo mu ntara ya Kisumu County yarengewe n’amazi nyuma y’imvura nyinshi
idasanzwe yibasiye ako gace, igahitana ubuzima bw’abantu barenga 80 nk’uko
byatangajwe n’inzego z’ubuyobozi.
Aka karere gakomeje kwibasirwa
n’ingaruka zikomeye z’imihindagurikire y’ikirere, aho imvura nyinshi yaguye mu
minsi ishize yateje imyuzure ikabije yangije byinshi mu bikorwa by’abaturage.
Raporo zigaragaza ko ayo mazi
y’imyuzure yangije ubutaka buhingwaho bugera kuri hegitari 1,200, bituma imyaka
yari iteze gusarurwa muri iki gihe cy’ihinga yangirika ku rugero rukomeye.
Byongeye kandi, imiryango irenga
3,000 yo mu gace ka Nyakach byabaye ngombwa ko iva mu byayo, ihunga ayo mazi
yangije inzu n’imitungo yabo, nk’uko byemejwe na raporo z’ubuyobozi.
Ibi biza byiyongera ku bibazo
by’imihindagurikire y’ikirere bikomeje kwibasira ibihugu byo mu karere ka
Afurika y’Iburasirazuba, aho abaturage basabwa gufata ingamba zo kwirinda no
guhangana n’ingaruka zabyo.
Like This Post? Related Posts