• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), yatangaje ko hari abantu bataramenyekana bagerageje “gucengera” muri hoteli icumbitsemo Denise Nyakeru Tshisekedi, umugore wa perezida Félix Tshisekedi, mu ruzinduko arimo i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyatambutse ku bitangazamakuru bya leta (RTNC), umuvugizi wa guverinoma, Patrick Muyaya, yavuze ko ayo makuru bayamenye kandi ko inzego za DRC zirimo gukorana bya hafi n’abategetsi ba Amerika kugira ngo hamenyekane ukuri ku byabaye.

Yagize ati: “Turabizi ko hari abantu bagerageje gucengera muri hoteli, ariko Denise Tshisekedi ameze neza kandi nta kibazo afite.”

Nubwo atatanze ibimenyetso bifatika, Muyaya yumvikanishije ko bishoboka ko ibyabaye hari uruhare u Rwanda rwaba rubifitemo, ashingiye ku makimbirane asanzwe hagati y’ibihugu byombi, cyane cyane ajyanye n’umutekano muke burasirazuba bw’icyo gihugu.

Ku rundi ruhande, asubiza kuri videwo yatangajwe n’ushyigikiye leta ya DRC mu butumwa yatangaje ku rukuta rwa X bivugwa ko yerekana abakorera leta y'u Rwanda bashakaga kwica Denise Tshisekedi, Arthur Asiimwe wungirije ambasaderi w'u Rwanda muri Amerika yabihinyuje abigereranya n'urwenya, ati: "... ni nde ujya 'kwica' ari mu modoka y'ambasade!"

Yongeyeho ati: "Murimo gukora uko mushoboye kose ngo muvugwe mu mitwe y'inkuru idafite akamaro.

"Hoteli ni ahantu hagendwa n'umuntu uwo ari we wese, keretse niba ari mwebwe mwenyine mwari mwasabye kuyibamo!"

Ibi birego bije bikurikira impaka zimaze igihe hagati ya DRC n’u Rwanda, aho Kinshasa n’imiryango mpuzamahanga bashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23. Mu gihe u Rwanda rubihakana rukavuga ko icyo rwakoze ari ugushyiraho ingamba zo kurindira umutekano warwo.

Denise Nyakeru Tshisekedi ari muri uru ruzinduko rwateguwe ku butumire bwa Melania Trump, rwitabiriwe n’abandi bagore b’abakuru b’ibihugu, barimo n’umugore wa perezida w’u Burundi, Angeline Ndayishimiye.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments