Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwatangiye iperereza ku rupfu rwa Irakoze Angelo w’imyaka 20 y’amavuko na Ingabire Samanta w’imyaka 19 y’amavuko, bikekwa ko bapfuye ku wa 23 Werurwe 2026, isaba abakoresha imbuga nkoranyambaga kwitondera amakuru atizewe akomeje gukwirakwizwa ku mpfu zabo kuko ashobora kubangamira iperereza.
Ku
wa 24 Werurwe 2026, ni bwo hamenyekanye amakuru y’umuhungu wigaga mu Ishuri
Rikuru ry’Imyuga n’Ubunenyingiro (RP Tumba College) , Ishami rya Tumba mu
Karere ka Rulindo, yasanzwe mu nzu yari acumbitsemo amanitse mu nzitiramibu
yapfuye n’umukobwa aryamye hasi na we yapfuye.
Uwo
muhungu yigaga mu mwaka wa mbere mu ishami rya ‘Information Technology’ muri RP
Tumba College.
RIB
yatangaje ko iperereza ry’ibanze rigaragaza ko hakekwa ko Irakoze Angelo yaba
yarishe Ingabire Samanta, nyuma akaza kwiyahura.
Iti
“Impamvu yaba yarateye iki gikorwa ntiramenyekana, kandi iperereza rirakomeje.”
RIB
yasabye abaturage cyane cyane abakoresha imbuga nkoranyambaga, kwirinda
gukwirakwiza amakuru atizewe cyangwa adafitiwe gihamya ku mpamvu zateye izo
mpfu, kuko bishobora kubangamira iperereza rikomeje.
Umuyobozi
w’Akarere ka Rulindo, Mukanyirigira Judith, yahamije aya makuru y’urupfu rw’uwo
munyeshuri wa RP Tumba College ndetse n’umukobwa wari wamusuye.
Ati
“Byabereye mu rugo rw’umuntu wari ufite inzu zikodeshwa uwo muhungu yabagamo.
Twasanze uwo musore wari ufite imyaka 20 ari mu mugozi w’inzitiramibu yapfuye
n’umukobwa agaramye ku buriri yapfuye. Inzego zibishinzwe zinjiye mu kibazo
ziri kwegeranya ibimenyetso ngo hamenyekane neza andi makuru.”
Mukanyirigira
yongeyeho ko bikekwa ko uwo musore ari we wishe uwo mukobwa na we yarangiza
akiyahura kuko ngo hari ubutumwa bwo kuri telefone yoherereje iwabo w’umukobwa
ababwira ko amaze kumwica ngo yongeraho n’aho bazasanga umurambo we.
Yaboneyeho gusaba ababyeyi kujya bita ku bana babo bakagirana ubucuti ku buryo baganira byose kuko uwo mukobwa basanze yari yavuye iwabo agiye mu Mujyi wa Kigali kureba aho azakorera imenyerezamwuga ariko aza no kujya i Rulindo batabizi.