Mu
majyaruguru ya Burkina Faso, igitero cyagabwe n’aba-djihadiste ku birindiro bya
gisirikare cyahitanye nibura abasirikare 14, mu gihe abandi benshi baburiwe
irengero, nk’uko abashinzwe umutekano babitangaje.
Iki gitero
cyabaye ku wa Gatandatu mu gace ka Bagade, kikaba cyitiriwe umutwe witwa Groupe
de soutien à l’islam et aux musulmans (JNIM), ushamikiye kuri Al-Qaïda ukorera
mu karere ka Sahel.
Mu byumweru
bishize, umutekano ukomeje kuzamba cyane cyane mu majyaruguru y’iki gihugu, aho
ibitero by’aba-djihadiste byiyongereye nyuma y’igihe gito ibintu bisa n’aho
bituje.
Burkina Faso
iyobowe n’ubutegetsi bwa gisirikare bwagiyeho nyuma ya kudeta yabaye mu 2022,
imaze imyaka irenga icumi ihanganye n’imitwe yitwaje intwaro ifitanye isano na
Al-Qaïda n’umutwe wiyita Leta ya Kiyisilamu (Islamic State).
Amakuru
y’agateganyo atangwa n’abashinzwe umutekano agaragaza ko abasirikare 14 bishwe
muri iki gitero, mu gihe abandi benshi bataramenyekana irengero ryabo.
Umwe mu
bayobozi mu by’umutekano utifuje ko amazina ye atangazwa yagize ati: “Twakoze
ibishoboka byose kugira ngo duhangane n’abagabye igitero.”
Undi na we
yongeyeho ko hari benshi mu bagabye igitero bishwe mu gikorwa cyo kwihorera
cyakurikiyeho.
Nubwo hari
igihe gito igihugu cyari kimaze kugaragaza ituze, ibitero byongeye kwiyongera
mu minsi ya vuba, bikaba bikomeje guteza impungenge abaturage n’inzego
z’umutekano.
Like This Post? Related Posts