• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Ibura rya lisansi i Kinshasa rikomeje gutera impungenge, abaturage batangiye kugirwaho n’ ingaruka z’intambara yo mu Burasirazuba bwo Hagati

Lisansi ikomeje kuba nkeya cyane kumasitasiyo yo mu mujyi wa Kinshasa, mu gihe umurwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo utangiye kugerwaho n’ingaruka zo gufungwa kw’inzira y’umuhora  wa Ormuz na Iran.

Abaturage bavuga ko bisaba amasaha menshi kugira ngo babone lisansi yo gushyira mu modoka. Ibi bikomeje guteza impungenge zikomeye muri uyu mujyi utuwe n’abaturage barenga miliyoni 17.

Marcel Lobo, umushoferi wa moto itwara abagenzi, yagize ati: “Tumaze amasaha 2 n’igice dutegereje lisansi.

Mu gihugu cyacu nta lisansi ihari. Kubera iki? Ni intambara iri hagati ya Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Turimo kubabara cyane.

Nta lisansi ihari… ubu ni umunsi wa kabiri ibintu bimeze gutya. Reba uko abantu babayeho nabi, n’ingendo ziragoye kubera kubura lisansi.”

Intambara yo mu Burasirazuba bwo Hagati ni yo ishyirwa imbere mu gusobanura iri bura rya lisansi, ariko abaturage bamwe ntibabyumva neza.

Moïse Ilunga, na we utwara moto, yagize ati:
“Batubwira ko ari intambara yo mu Burasirazuba bwo Hagati itera ibura rya lisansi. Ariko iyo ntambara yatangiye vuba aha, none se kuki nta bubiko buhari? Barabeshya.

Kandi ubu kugira ngo ugure lisansi kuri sitasiyo, bisaba kongeraho amafaranga ku ruhande kugira ngo bakwemerere  kugura litiro imwe gusa.”

Uretse  Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ibihugu byinshi byo muri Afurika bikomeje guhura n’ikibazo cy’ibura rya lisansi kuva intambara yo mu Burasirazuba bwo Hagati yatangira, bitewe n’uko uyu mugabane ushingiye cyane ku byinjizwa mu mahanga mu bijyanye n’ibikomoka kuri peteroli binyuze  mu Nyanja ziri hafi ya Irani .

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments