Kiliziya Gatolika yemeye ko abakristu bayo bashobora guhabwa insimburangingo zikomotse ku nyamaswa, mu rwego rwo kuvura indwara zimwe na zimwe.
Byatangajwe ku wa 24
Werurwe 2026. Ibi bishingiye ku iterambere rikomeje kugaragara mu buvuzi
bwifashishije ingingo z’ingurube cyangwa inka zahinduriwe imiterere karemano
y’uturemangingo twazo.
Mu nyandiko ya paji 88 igaragaza amabwiriza agomba gukurikizwa
kuri ubu buvuzi, Vatican yongeye gushimangira inyigisho yo hambere, ivuga ko
Kiliziya Gatolika nta kibazo ibona muri ubu buvuzi, mu gihe bukurikiza
amabwiriza, ntibufate inyamaswa nabi.
Iyi nyandiko igira iti “Tewolojiya Gatolika ntikumira ikoreshwa
ry’inyamaswa iyo ari yo yose mu kubona ingingo, ingiramubiri n’uturemangingo
byo kwifashisha mu guha abantu insimburangingo.”
Iyi nyandiko yagarageje ko uburyo bwo kugenera abantu
insimburangingo zivuye ku nyamanswa [xenotransplantation] bwemejwe mu 2001,
ubwo bwari bukiri mu minsi yabwo ya mbere y’igerageza.
Ibikorwa byo guhabwa insimburangingo z’inyamanswa biracyari hake
cyane. Igikorwa cya mbere cyo guha umuntu impyiko y’ingurube cyakorewe muri
Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu 2024.
Inyandiko yateguwe hifashishijwe abaganga bo mu Butaliyani, Leta
Zunze Ubumwe za Amerika n’u Buholandi, yasabye abahanga mu bya siyansi gukomeza
kuyoboka ubu buryo bwo guha abantu insimburangingo z’inyamaswa mu buryo bufite
intego, bushyize mu gaciro kandi burambye.
Yanasabye abaganga kugaragaza ibyago bishobora guterwa no
guhabwa insimburangingo z’inyamaswa, harimo ibyago byo kuba zidashobora
kwemerwa n’ubudahangarwa bw’umubiri w’umuntu, cyangwa ibyago byo gutera uwo
umuntu infection zitewe na micro-organismes.