Iran yakomeje gusuka imvura ya za misile mu baturanyi bo Burasirazuba bwo Hagati, nyuma y’amasaha make Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, avuze ko Washington na Tehran “bari mu mishyikirano muri iki gihe”.
Kuri uyu wa Gatatu, Iran
yibasiye ibihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati mu bitero bishya bya misile,
nyuma y’amasaha make Perezida Donald Trump agaragaje ko hari intambwe
ishimishije imaze guterwa mu bikorwa bya dipolomasi bigamije guhagarika
intambara.
Iyi ntambara yatangiye ku
itariki ya 28 Gashyantare yahinduye isura ubwo Tehran igaba ibitero ku bihugu
bitandukanye mu Burasirazuba bwo Hagati, bituma haba impinduka zikomeye ku
masoko y’ingufu ku Isi.
Inkuru dukesha Euronews
ivuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, Iran yarashe za misile na drones,
ziyobowe neza, kuri Israel ndetse no ku birindiro by’Ingabo za Amerika muri
Koweti, Yorodani na Bahrein.
Biravugwa ko indege
zitagira abadereva zagonze ikigega cya lisansi ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga
cya Koweti havuka inkongi y’umuriro, mu gihe abayobozi bo muri Yorodani bavuze
ko ibisasu bimwe byaguye hafi y’umurwa mukuru, Amman, ndetse muri Bahrein
hakaba humvikanye impanda ziteguza ibitero byo mu kirere.