• Amakuru / MU-RWANDA

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashimye Abayisilamu bo mu Rwanda, avuga ko yishimiye gusangira na bo ibyishimo bya nyuma y’Umunsi Mukuru wa Eid al-Fitr.

Ni ubutumwa yahaye Abayisilamu bo mu Rwanda bari bateraniye muri BK Arena kuri  uyu wa gatatu tariki ya 25 Werurwe 2025   mu gikorwa gifite insanganyamatsiko igira iti ‘Twishimire imiyoborere myiza mu Rwanda yaduhaye agaciro n’ubwisanzure mu myemerere’. Ati “Ikinshimishije, nyuma ya Ramadhan habaho kwishima

Ni igikorwa kitabiriwe n’ibihumbi by’abayisilamu  baturutse mu mpande zose z’igihugu barangajwe imbere  na Mufti w’U Rwanda Sheikh Sindayigaya Musa


Mufti w’u Rwanda, Sheikh Sindayigaya Mussa, yashimiye  Perezida Kagame kuba yifatanyije n’Abayisilamu mu busabane busoza Umunsi Mukuru wa Eid al-Fitr.

Yagize ati “Ibi ni ibikomeza gushimangira icyo Abanyarwanda twese tubaziho ko imvugo yanyu ari yo ngiro.”

Yakomeje agira ati “turabashimira  cyane ku bw'imiyoborere mwiyza yawe kuko  wahaye agaciro abayisilamu bo mu Rwanda kuko  amateka mwayanduhinduriye .yanashimiye  Perezida kagame ku ruhare  yagize  mu gufasha abayisilamu bo  mu Rwanda  gusbizwa Imitungo yabo bari baratswe .

Mu bindi  yamushimiye ni uburyo abayisilamu bo mu Rwanda  basigaye bajya mu rugendo i Mecca muri Arabia Saoudite, gukora umutambagiro Mutagatifu, mu buryo bworoshye.

Aho kuri ubu, Abayisilamu bo mu Rwanda, bafashijwe na RwandAir, bava i Kigali bakagera i Jeddah, nta handi banyuze bakagera i Madina, bakagaruka i Kigali nta handi banyuze.

Ati “Iyo aba-Hadji bacu indege ije kubafata ku Kibuga cy’Indege, ibindi bihugu baribaza bati 'aba ba-Hadji barakomeye cyane', natwe tuti 'dufite umuyobozi ukunda abaturage'

Mu bindi Sheikh Sindayigaya Mussa, yavuze niuko ko mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, Abayisilamu bari barambuwe ubutaka n’ibindi bikorwa byabo.

Yatanze urugero rw’Ikigo cy’Ishuri ry’Intwari, aho Perezida Kagame yabasubije iryo shuri, riravugururwa ndetse rihabwa ishusho nziza. Ati “Mu bihe byatambutse bya ya mateka, Abayisilamu bari baraciriwe mu nkambi, ariko ubu mwebwe ayo mateka mwarayahinduye ndetse n’ahatuye Abayisilamu nk’Umujyi wa Biryogo, ubu mu Marangi habaye ubukerarugendo, hinjiriza amafaranga abahakorera.”

Sheikh Sindayigaya yasobanuye ko mu cyerekezo cy’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda, biteguye kunoza inzego z’imiyoborere yabo n’ibikorwa by’imishinga y’iterambere bafite.


Mu ijambo rye  Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko ubuyobozi bw’Igihugu buzakomeza gushyigikira ibikorwa byiza by’amadini n’amatorero.

Ati “Buri dini, agace k’abantu cyangwa ibindi abantu bahuriyeho, iyo ibintu byifuzwa kugerwaho bishyizwe hanze, bigaragara nk’ibyo Abayisilamu bavuze bifuza kugeraho. Twebwe inzego zacu, z’ubuyobozi, icyo tuba dushinzwe ni ukubatera inkunga. Iyo nkunga rero irahari izaboneka

Yanavuze  ku mpamvu Leta yashyizeho uburyo bwo kunoza imikorere y’amadini n’amatorero ‘

Yagize  uzi Wa wundi ushinga idini mu gitondo, rikirirwa risahura amanywa yose, byagera nijoro ukabura aho ririgitiye, ibyo ntabwo bya […] ibyo se mwumva byaba mu bantu koko? Ibyo ntabwo biba bikiri idini, biba byabaye ikindi kintu. Abantu babyumvise nabi ariko ni bake, batangira kuvuga ko u Rwanda rutoteza amadini, amatorero […] politiki yacu, imyumvire yacu, ni ugushyira ibintu mu buryo bukwiriye. Ntawe tubuza amahoro na busa.”

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rudatoteza amadini nk’uko bamwe babivuga ahubwo ko politiki n’imyumvire yarwo ari ugushyira ibintu mu buryo bukwiye

Yijeje Abayisilamu inkunga anagaruka ku byo yabasezeranyije mbere byatinze kubageraho. Ati "Ubwo ibyo ndabyibaraho nk'umwenda ngomba kwishyura ,muzangaye gutinda ariko ntabwo bizahera.


 








Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments